Ni icyumweru cyatangiriye muri BK Arena kuva tariki ya 21 kugeza ku ya 28 Nzeri 2025, aho buri wese utuye mu turere twa Kicukiro, Gasabo na Nyarugenge yumvise akanirebera ibyiza by’umukino wo gusiganwa ku magare. Aha nta warenza ingohe abo mu nkengero z’umujyi n’aba kure bigomwe ibindi byose bagakurikirana iri siganwa ryirahiriwe na benshi kugeza no ku bagononwaga mbere.
Si ubwa mbere bari bayabonye, kuko u Rwanda rwamaze gutera intambwe ishimishije mu gutegura imikino nk’iyi rubihereye kuri Tour du Rwanda imaze kuba mu masiganwa y’amagare ayoboye andi muri Afurika.
Ni iminsi isize abakinnyi 13 begukanye imidali ya Zahabu mu byiciro bitandukanye byakinwe. Ibi birimo gusiganwa n’ibihe nk’umukinnyi ku giti cye (Individual Time Trial - ITT); gusiganwa n’ibihe nk’ikipe (Team Time Trial - TTT); ndetse no gusiganwa mu muhanda bisanzwe (Road Race - RR).
Abakinnyi bitwaye neza ni Reusser Marlene muri ITT y’Abagore, Remco Evenepoel muri ITT y’Abagabo, Backestedt Zoe muri ITT y’Abagore batarengeje imyaka 23 yari ikinwe bwa mbere, SÖDERQVIST Jakob muri ITT y’Abagabo batarengeje imyaka 23. ARENS Megan yitwaye neza muri ITT y’Abato mu bakobwa, na ho MOURIS Michiel yitwara neza muri ITT y’abato mu bahungu.
Ikipe y’Igihugu ya Australia yahize andi makipe mu gusiganwa n’ibihe ku makipe, Gery Célia muri RR y’Abagore batarengeje imyaka 23, Hudson Harry muri RR y’Abato mu bahungu, Finn Lorenzo Mark muri RR y’Abahungu batarengeje imyaka 23, Ostiz Taco RR y’Abato mu bakobwa, Vallieres Mill Magdeleine RR y’Abagore bakuze na Tadej Pogačar muri RR y’Abagabo.
Kugera ku ntsinzi kw’aba bose hari benshi babigizemo uruhare, barimo abatoza, abakanishi, abashinzwe umutekano, abayobozi b’isiganwa n’abandi benshi bayobowe na Perezida Paul Kagame na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Imikino y’Amagare ku Isi (UCI), David Lappartient, bagize uruhare runini mu kurigeza muri Afurika.
Abanyarwanda bari ku mihanda kuri buri kilometero cyose muri 910,3 byakinwe mu byiciro byose. Si ukuhaba gusa kuko babaga babyina, baririmba, bakoma amashyi, muri make bongerera imbaraga abakinnyi.
Wabaye umwanya mwiza wo kongera kwiyibutsa ibyiza bitatse Umujyi wa Kigali, dore ko abakurikiranaga amasiganwa ku bitangazamakuru byo mu Rwanda ndetse n’ibyo ku rwego mpuzamahanga, babonaga amashusho yafashwe n’indege zagendaga hejuru y’ikirere cyawo.
Abacuruzi bafite amaduka acuruza ibintu bitandukanye cyane cyane amafunguro, babonye icyashara kuko abarebaga igare banyuzagamo bagafata ibyo kurya n’ibyo kunywa. Abateguye isiganwa ntibaheje abarebeye amagare kure y’amaduka, kuko wabegereje aho kubifatira [Fan Zones].
Polisi y’u Rwanda yakoze akazi katoroshye ko gufasha abantu kumenya amakuru y’ingendo, bigendanye n’imihanda yafungwaga kubera amasiganwa, ndetse ikabayobora mu mihanda mishya iri gukoreshwa, ari na ko irinda abari kureba isiganwa ngo badahura n’impanuka.
Abakorerabushake bo mu Mujyi wa Kigali, na bo bagize uruhare mu migendekere myiza ya Shampiyona y’Isi y’Amagare, dore ko ari bo bararaga amanywa n’ijoro batunganya banasukura imihanda y’aho isiganwa ryanyuze.
Mbere ya Shampiyona y’Isi y’Amagare yabereye i Kigali no mu gihe cyayo, ikirango cyahawe izina rya ‘Ganza’, cyazengurutse ibice bitandukanye by’igihugu by’umwihariko i Kigali, gifasha benshi kwishimira amasiganwa, arangira gihereza ububasha icya Montréal nk’umujyi uzakira ikurikiraho.
UCI yashimiye u Rwanda uko rwateguye irushanwa n’ubwitabire bw’Abanyarwanda, Perezida Kagame na we ayishima ko yagiriwe icyizere kandi ko u Rwanda rushishikajwe no kuba igicumbi cya siporo muri Afurika.
Uwavuga ibyabaye iminsi umunani ntiyabirangiza, ni yo mpamvu twatoranyijwe amwe mu mafoto yaranze iyo minsi yose, dore ko n’ubundi aryoha asubiwemo.
Amafoto y’umunsi wa mbere
Umunsi wa kabiri
Umunsi wa gatatu
Umunsi wa kane
Amafoto y’umunsi wa gatanu, uwa gatandatu, uwa karindwi n’uwa munani



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!