00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

BUBR Africa igiye kuzenguruka ibice by’u Rwanda ku magare

Yanditswe na IGIHE
Kuya 3 May 2024 saa 10:31
Yasuwe :

Itsinda ry’abantu 24 bagize umuryango Black Unity Ride washinzwe n’Abirabura b’Abanyafurika, ukaba ukorera mu Bwongereza ugamije gufasha abatishoboye, rigiye kumara iminsi itandatu mu Rwanda aho rizagera mu bice bitandukanye by’Igihugu rikoresheje amagare.

Black Unity Ride izwi nka BUBR Africa, igamije gushishikariza Abirabura gukunda no kuryoherwa n’umukino w’amagare, gushyira imbere ubuzima bwabo, imibereho myiza no guhuza Abanyafurika baba hanze y’uyu Mugabane.

Tokunbo Ajasa-Oluwa washinze uyu muryango mu 2020, yavuze ko impamvu bahisemo u Rwanda ari uko ari igihugu kugeza ubu kimaze kumenyekana ku mukino w’amagare muri Afurika.

Ati "Tuzakora ibilometero bisaga 400 mu Rwanda. Ni urugendo rwacu rwa kabiri nyuma yo muri Ghana, ndetse twahisemo u Rwanda nyuma yo gusanga ari igihugu kimaze kumenyekana ku mukino w’amagare."

Abagize itsinda ari kumwe na ryo baturutse mu Bwami bw’u Bwongereza, u Buholandi, Ghana no mu Burasirazuba bwo Hagati.

Tokunbo Ajasa-Oluwa yavuze ko bakoranye n’Ikigo cy’Iterambere ry’Umukino w’Amagare muri Afurika (Africa Rising Cycling Center- ARCC) gikorera i Musanze, kugira ngo babashe guhitamo aho bazerekeza mu gihe bazamara mu Rwanda.

BUBR igira indangagaciro eshatu ari zo Ubumwe, Gushyigikirana n’Urukundo.

Binyuze mu kigega cy’inkunga washinze, umuryango BUBR wakusanyije agera kuri miliyoni 12 Frw uzashyikiriza Ikipe ya Twin Lakes Cycling Academy yo mu Rwanda.

Iyi kipe yashinzwe na Nsengumuremyi Florent mu 2019 aho yari agamije gufasha abahoze ari abana bo ku muhanda mu Rwanda, kongera gusubira mu mashuri, kugira icyizere cy’ubuzima no kugira ejo hazaza heza biturutse mu mukino w’amagare.

Ku munsi wa mbere wa BUBR Africa mu Rwanda, tariki ya 4 Gicurasi, abawugize bazasura Urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama mu Bugesera aho bazaba bagiye n’amagare bavuye i Kigali.

Mu yindi minsi itanu izakurikiraho, kugeza tariki ya 9 Gicurasi, bazerekeza mu bice birimo Kigali-Rukomo, Kigali-Rwamagana, Musanze-Kinigi (bakoresheje Mountain Bike), Rubavu- Kigali na Kigali-Muhanga.

Biteganyijwe ko urugendo rwabo mu Rwanda ruzasozwa ku wa 11 Gicurasi 2024.

Abagize BUBR Africa bagiye kumara iminsi itandatu mu Rwanda
Tokunbo Ajasa-Oluwa washinze BUBR Africa yavuze ko bahisemo u Rwanda kuko rumaze kumenyekana nk'igihugu cyiza cy'umukino w'amagare muri Afurika
Abagera kuri 24 bazakora ibilomerero bisaga 400 mu bice by'u Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages