00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bwa mbere mu mateka ya Tour du Rwanda hazatangwa amasegonda ya ‘bonifications’

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 10 February 2026 saa 07:53
Yasuwe :

Ku nshuro ya mbere mu mateka y’irushanwa ry’amagare rizenguruka igihugu “Tour du Rwanda”, hazatangwa amasegonda azwi nka “bonifications” aho agabanywa ku bihe umukinnyi yakoresheje mu isiganwa bitewe n’icyari kigambiriwe yagezeho.

“Bonifications” cyangwa “bonus seconds” ni amasegonda akunze kugabanywa ku bihe by’abakinnyi mu masiganwa y’amagare mu gutuma bakora cyane mu gihe cy’isiganwa.

Nko muri Tour de France, aya masegonda atangwa ku bakinnyi batatu ba mbere kuri buri gace, kugira ngo bitere abahatanye ku rutonde rusange gukora cyane no kongera ihangana.

Muri Tour du Rwanda 2026, izaba kuva tariki ya 22 Gashyantare kugeza ku ya 1 Werurwe, ho bizaba bitandukanye kuko aya masegonda azatangwa ku bakinnyi bakoze cyane hagati mu isiganwa, mu bice bitambika, ibizwi nka “sprint-intermédiaire”.

Ibi bizakorwa ku Gace ka Mbere kazahagurukira mu Karere ka Gicumbi ahazwi nko mu Rukomo, kerekeza i Rwamagana ku ntera y’ibilometero 174.

Abakinnyi batatu ba mbere bazagera i Nyagatare, ahazatangirwa amanota ya “sprint” ku kilometero cya 72,6, bagikata berekeza i Ryabega, ni bo bazabona ayo masegonda, uwa mbere abone 10, uwa kabiri atandatu, uwa gatatu ane. Aya masegonda agabanywa ku bihe umukinnyi aba yakoresheje mu isiganwa.

Bitandukanye n’uko byagenze muri Tour du Rwanda 2025, ubwo hakinwaga Étape ya Rukomo- Kayonza, abakinnyi bose bakareka Munyaneza Didier wa Team Rwanda akagenda imbere wenyine kugera mu bilometero bike bya nyuma, kuri iyi nshuro bazaharanira kujya gushaka ayo masegonda yo mu muhanda kuko isiganwa rishobora kuzasorezwa i Rwamagana bose bari hamwe.

Ibi bizakorwa kandi no mu Gace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2026, kazava i Nyamata kerekeza i Huye tariki ya 23 Gashyantare 2026.

Mu isiganwa ry’amagare, abakinnyi baba bafite intego zitandukanye aho hari ababa bashaka amanota ya “sprint”, ayo kuzamuka imisozi no kuyobora isiganwa. Abayoboye ibi byiciro byose bahabwa imyambaro yihariye mu isiganwa ndetse hari amafaranga bahabwa kuri buri gace.

Umva uko Agace ka Mbere ka Tour du Rwanda 2026, Rukomo- Rwamagana, kazakinwa:

Mu 2025, Munyaneza Didier wa Team Rwanda yageze i Nyagatare ayoboye. Uyu mwaka, umukinnyi uzabikora azabona amasegonda 10
Abakinnyi bashobora gukora cyane mu masiganwa y'uduce tubiri tubanza twa Tour du Rwanda 2026 kubera amasegonda azatangirwa mu muhanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages