Uyu musore yakoresheje amasaha atatu iminota itatu n’amasegonda mirongo ine n’atanu asizweho isegonda rimwe na Petit Adrien wabaye uwa mbere.
Ni ku nshuro ya mbere umunyarwanda abashije kurangiza mu 10 ba mbere muri iri rushanwa rizenguruka igihugu cya Gabon, ririmo kuba ku nshuro yaryo ya 11.
Mu bakinnyi bahembwe bitwaye neza ku munsi wa gatatu harimo Abanyarwanda babiri, Aleluya Joseph ucyambaye umwenda w’umukinnyi urusha abandi kuzamuka (Maillot du Meilleur Grimpeur) kuva iri rushanwa ryatangira, ukaba ntawundi urawambara.
Nsengimana Jean Bosco, Umunyarwanda ukinira ikipe ya Bike Aid yo mu Budage we yahembwe nk’umukinnyi wagaragaje guhatana cyane (Maillot du Meilleur Combativité) akaba yari amaze iminsi ibiri anambaye umwenda w’umukinnyi ukiri muto witwara neza kurusha abandi (Maillot du Meilleur Jeune).
Kuri uyu wa Kane, irushanwa rirakomeza bava Oyem basoreze Ambam ku ntera y’ibirometero 141.
Uko Abanyarwanda bitwaye ku munsi wa gatatu w’irushanwa
Uwizeyimana Jean Claude yaje ku mwanya wa cyenda
Nsengimana Jean Bosco, (uyu arimo gukinira ikipe yitwa Bike Aid yamuguze) yabaye uwa 29
Hakuzimana Camera, yabaye uwa 35
Bintunimana Emile, aza ku mwanya wa 37
Byukusenge Patrick, aba uwa 42
Hadi Janvier, yaje ku mwanya wa 52
Aleluya Joseph, yaje ku mwanya wa 79



















TANGA IGITEKEREZO