00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Chris Froome yageze i Kigali (Amafoto na Video)

Yanditswe na Israel Ishimwe
Kuya 16 February 2023 saa 03:09
Yasuwe :

Umwongereza Chris Froome na bagenzi be bakinana muri Israel Premier-Tech yo muri Israël basesekaye mu Rwanda aho bitabiriye Tour du Rwanda 2023.

Chris Froome, abakinnyi n’abandi baherekeje Israel Premier-Tech bageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe, ahagana saa Munani na 52 zo mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, tariki ya 16 Gashyantare 2023.

Uyu mukinnyi yari yambaye ipantaro y’umukara, agapira k’umukara n’inkweto z’umukara n’umweru.

Yageze i Kigali ari kumwe n’itsinda rinini ririmo n’abakinnyi bane bakinana muri Israel Premier Tech.

Akihagera yabwiye IGIHE ko yishimiye gukandagira bwa mbere mu Rwanda. Ati "Ndi hano ngo ntange ibyo mfite byose ndetse niteguye isiganwa.’’

Yakomeje ati "Nishimiye kuba mu Rwanda. Nakuriye hafi ya hano ariko nari ntaragera mu Rwanda. Sinakwizeza abantu icyo bakwitega ariko dutegereze turebe ikizabaho mu minsi iri imbere.’’

Froome w’imyaka 37, ni umwe mu bakinnyi bafite ibigwi byinshi mu mukino wo gusiganwa ku magare. Yegukanye Tour de France inshuro enye (2013, 2015, 2016 na 2017).

Israel Premier-Tech yasesekaye mu gihugu habura iminsi itatu ngo Tour du Rwanda itangire. Yiyongereye ku yandi makipe yageze mu Rwanda, aho yiteguye iri siganwa ry’iminsi umunani.

Mu gitondo cyo ku wa Gatatu, tariki ya 15 Gashyantare, ni bwo amakipe atanu arimo TotalEnergies yo mu Bufaransa, Terengganu Polygon yo muri Malaysie, Bike Aid yo mu Budage, Soudal Quick-Step yo mu Bubiligi na Bolton Equities Black Spoke yo muri Nouvelle Zélande.

Aya makipe yiyongereye kuri Tartu 2024 yo muri Estonie, yo yahisemo kugera mu Rwanda tariki ya 10 Gashyantare 2023 kugira ngo ibe yitoreza i Musanze.

Muri Tour du Rwanda 2023, Chris Froome ni we uzaba yambaye nimero ya mbere mu bakinnyi 100 bo mu makipe 20 azitabira iri rushanwa rizenguruka igihugu ku magare riteganyijwe ku wa 19-26 Gashyantare 2023.

Ku wa 15 Mutarama 2023, ni bwo Chris Froome yatangaje mu mashusho y’amasegonda 42 ko azitabira Tour du Rwanda 2023.

Froome azaseruka mu mwambaro wa Israel Premier-Tech, ikipe yo muri Israël igiye gukina Tour du Rwanda ku nshuro ya munani.

Uyu mugabo yari yitezwe muri Tour du Rwanda ya 2022 ariko agira imvune y’ivi mu myiteguro y’umwaka ushize w’imikino.

Mu 2019, Froome yagize imvune ubwo yakoraga impanuka ari muri Criterium du Dauphine i Roanne mu Bufaransa, avunika ijosi, igufa ryo mu itako, inkokora, igufa ryo mu rukenyerero n’imbavu.

Nyuma yo kuva muri Team Ineos, yongeye gusiganwa yitabira Tour de France mu 2021, aho yasoje ari ku mwanya wa 133 nubwo yagize imvune mu gace ka mbere.

Chris Froome amaze kwegukana amasiganwa arindwi akomeye azwi nka “Grand Tour”, arimo Tour de France inshuro enye, Vuelta inshuro ebyiri mu 2011 na 2017 ndetse na Giro d’Italia mu 2018.

Umwongereza Chris Froome yageze i Kigali
Ikipe ya Israel Premier Tech ikinamo Chris Froome yageze i Kigali iherekejwe n'itsinda ry'abantu batandukanye
Abagize Israel Premier Tech bakandagije ikirenge cyabo ku butaka bw'u Rwanda saa Munani n'iminota 52 zo mu rukerera
Israel Premier Tech yiyongereye ku yandi makipe azakina Tour du Rwanda yamaze kugera mu gihugu
Chris Froome akigera i Kigali yari afite akanyamuneza ku maso
Chris Froome yishimiye gukandagiza ikirenge cye bwa mbere mu Rwanda
Chris Froome yavuze ko yiteguye guhangana n'abakinnyi biganjemo abato bafite ahazaza mu gusiganwa ku magare
Chris Froome yatangaje ko yishimiye kuzitabira Tour du Rwanda, anakomoza ku mushinga wo guteza imbere umukino w'amagare mu Bugesera uterwa inkunga n'Ikipe ye ya Israel Prem Tech
Abakinnyi bane ba Israel Premier Tech barimo Chris Froome bafata ifoto y'urwibutso
Israel–Premier Tech igiye kwitabira Tour du Rwanda ku nshuro ya munani
Chris Froome yegukanye Tour de France inshuro enye
Uyu mukinnyi w'icyamamare yatwaye Tour de France ya kane mu 2017

Kanda hano urebe andi mafoto menshi

Amafoto: Shumbusho Djasiri

Graphic: Ntare Julius


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages