00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Froome yegukanye Tour de France ku nshuro ya gatatu akoresheje amayeri adasanzwe

Yanditswe na Israel Ishimwe
Kuya 25 July 2016 saa 08:58
Yasuwe :

Umwongereza, Chris Froome ukinira Team Sky yegukanye ku nshuro ya gatatu isiganwa ry’amagare rizenguruka u Bufaransa ‘Tour de France’ akoresheje amayeri atari amumyenyereweho nko kunyonga ahamanuka.

Nyuma yo gutwara iri siganwa mu mwaka wa 2013 na 2015, Froome yongeye kuryegukana muri uyu mwaka nyuma yo guhigika abakinnyi bakomeye barimo Umufaransa, Romain Bardet ukinira ikipe ya AG2R ndetse n’Umunya-Colombia Nairo Quintana ukinira Movistar.

Iri siganwa ryarangiye kuri iki cyumweru, tariki ya 24 Nyakanga, ryakinwaga ku nshuro ya 103, ni irya gatatu yegukanye ryo ku rwego mpuzamahanga, ndetse aba uwa mbere uryegukanye inshuro ebyiri zikurikiranya kuva mu myaka irenga 20 ishize.

Froome yatangiye gufata umwenda w’umuhondo ndetse anayobora irushanwa kuva ku gace ka munani k’isiganwa hagati ya Chantilly na Paris.

Froome umenyerewe cyane mu kuzamuka yakoresheje amayeri adasanzwe yamufashije kwegukana iri siganwa, aho yagaragaye anyonga igare n’ahantu hamanuka.

Yatunguye abatari bake ubwo yayoboye igikundi cy’abasiganwa, bamanuka Peyresourde ku gace ka munani ari naho yatangiye kuyobora bagenzi be, afata umwanya wa mbere.

Yongeye kugaragara ku gace ka 12, yiruka n’amaguru nyuma yo gukora impanuka yatumye igare rye ryangirika cyane. Ibintu bitari bisanzwe, yafashe icyemezo cyo kwiruka n’amaguru kugeza ubwo ashyikirijwe irindi agakomeza.

Ku gace ka 19 k’irushanwa, Chris Froome yakoze impanuka mu mihanda iri hafi ya Mont Blanc habura iminsi ibiri ngo irushanwa rirangire. Icyo gihe yaranyereye aragwa ndetse arakomereka ubwo yazamukaga Bettex ahantu ha kirometero 11.2, ku mwenda we yari yambaye hariho amaraso.

Froome w’imyaka 31 yatangaje ko yishimiye kwesa uyu muhigo. Ati" Ni nk’ubwa mbere negukanye iri rushanwa. Biranshimishije cyane, sinabona uko mbivuga."

Chris Froome aciye agahigo kari gafitwe na Philippe Thys, Louison Bobet na Greg LeMond babaye ibihangange mu mukino wo gusiganwa ku magare nabo begukanye iri rushanwa inshuro eshatu.

Andre Greipel (Lotto-Soudal) niwe wegukanye agace ka nyuma k’irushanwa kasorejwe imbere y’ingoro y’Umukuru w’Igihugu w’u Bufaransa, Champs-Élysées.

Urutonde rusange nyuma yo gusiganwa etape 21 zigize irushanwa

1. Chris Froome (U Bwongereza /Team Sky) 89h 4’48’’
2. Romain Bardet (U Bufaransa /AG2R) +4’ 05’’
3. Nairo Quintana (Colombia/Movistar) +4’ 21’’
4. Adam Yates (U Bwongereza /Orica) +4’ 42’’
5. Richie Porte (Australia/BMC Racing) +5’ 17’’
6. Alejandro Valverde (Espagne /Movistar) +6’ 16’’
7. Joaquim Rodriguez (Espagne /Katusha) +6’ 58’’
8. Louis Meintjes (Afurika y’Epfo /Lampre) Banganyije ibihe
9. Daniel Martin (Ireland/Etixx - Quick-Step) +7’ 4’’
10. Roman Kreuziger (Repubulika ya Czech /Tinkoff) +7’11’’

Froome yishimana n'umwana we nyuma yo kwegukana 'Tour de France'
Chris Froome(wambaye umuhondo) na bagenzi be bakinana mu ikipe ya Sky
Chris Froome yatangiye gufata umwanya wa mbere kuva ku gace ka munani k'isiganwa
Froome n'ahantu hamanuka yaranyongaga
Froome na bagenzi bishimira intsinzi
Froome yirutse n'amaguru, igare rye rimaze kwangirika
Nyuma yo gukora impanuka mu gace ka 19 ntibyamuciye intege yakomeje kunyonga igare rye
Froome yegukanye agace ka 19, nyuma y'impanuka yatumye apfukwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages