00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Daniel Gathof na Bart Classens begukanye Agace ka Kabiri ka Rwandan Epic 2025

Yanditswe na IGIHE
Kuya 2 December 2025 saa 10:41
Yasuwe :

Umudage Daniel Gathof n’Umuholandi Bart Classens bagize ikipe ya Sufr Pro, begukanye Agace ka Kabiri ka Rwandan Epic 2025, kahagurukiye kuri Nyirangarama kagasorezwa mu Kigo cy’Iterambere ry’Umukino w’Amagare muri Afurika (Africa Rising Cycling Center- ARCC) i Musanze, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Ukuboza.

Muri iri rushanwa ry’amagare yo mu misozi riri kuba ku nshuro yaryo ya gatanu, umunsi wa kabiri wari ugizwe n’intera y’ibilometero 71,6 aho abakinnyi banyuze ku Musozi wa Kabuye ufite ubutumburuke bwa metero 1846.

Daniel Gathof wo mu Budage na mugenzi we Bart Classens wo mu Buholandi, begukanye aka gace mu makipe y’abagabo, nyuma yo gukoresha amasaha atatu, iminota 13 n’amasegonda 56 aho bakurikiwe n’Umudage Lukas Baum ukinana n’Umunya-Kenya Dan Kiptala babasize iminota 13 n’amasegonda 40.

Umunyarwanda Banzi Bukhari n’Umudage Louis van Zeeland bari begukanye Agace ka Mbere, kuri iyi nshuro babaye aba gatatu basizwe iminota 20 n’amasegonda 57 mu gihe Ikipe y’Abanyarwanda gusa yasorekeje hafi ari igizwe na Uhiriwe Espoir na Nizeyimana Fiacre yasizwe iminota 32 n’amasegonda atatu ikaba iya munani.

Mu cyiciro cy’abagore, isiganwa ryongeye kwegukanwa n’ikipe ya Ntakirutimana Martha afatanyije na Elodie Kuijper wo mu Buholandi, aho bakoresheje amasaha ane, iminota 26 n’amasegonda 56.

Mu bakina bavanze, umugabo n’umugore, isiganwa na bwo ryatwawe n’Abanya-Afurika y’Epfo bari batsinze Agace ka Mbere, aho uyu munsi Bianca Haw na Wade Young bakoresheje amasaha ane, iminota itanu n’amasegonda 21.

Ni mu gihe mu bakina ku giti cyabo, Umunya-Norvège Thomas Nærland yongeye kuba uwa mbere yakoresheje amasaha atatu, iminota 37 n’amasegonda 29, akurikirwa n’Umunyarwanda Nkurikiyinka Jackson wasizwe iminota ibiri n’amasegonda 11.

Rwandan Epic 2025 izakomeza ku wa Gatatu hakinwa Agace ka Gatatu kiswe Twin Lakes, kazanyura hafi y’Ibiyaga bya Burera na Ruhondo ku ntera y’ibilometero 52,9.

Abanyeshuri bagaragaza ko bishimiye kubona abari gukina Rwandan Epic banyura ku ishuri ryabo
Abakinnyi bakoresha amagare yabugenewe mu kugenda mu misozi
Ubwo Bart Classens na Daniel Gathof bageraga mu Kigo cy'Amagare cya ARCC mbere y'abandi
Umuholandikazi Elodie Kuijper na Ntakirutimana Martha basoza isiganwa i Musanze
Oscal Pujol na Mude Rodriguez basomana nyuma yo gusoza isiganwa
Bianca Haw na Wade Young bakomeje kuyobora isiganwa mu bakina bavanze (umugabo n'umugore)
Daniel Gathof na Bart Classens begukanye Rwandan Epic mu 2023, ni bo begukanye agace ka kabiri k'irushanwa rya 2025
Ntakirutimana Martha na Elodie Kuijper bakomeje kuba ku mwanya wa mbere mu bagore

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages