00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Eritrea yikuye mu makipe azitabira Tour du Rwanda 2018

Yanditswe na Manzi Rema Jules
Kuya 2 August 2018 saa 04:47
Yasuwe :

Ikipe y’Igihugu y’umukino wo gusiganwa ku magare muri Eritrea, imwe mu zikomeye cyane zikunda kwitabira Tour du Rwanda yamaze gutangaza ko itazakina iy’uyu mwaka kubera ibibazo by’ubukene irimo ikaba yahise isimburwa na SNH Velo Club yo muri Cameroun.

Eritrea yagiye iryoshya Tour du Rwanda inshuro zose yayitabiriye ibifashijwemo n’abakinnyi bakomeye nka Amanuel Meron, Eyob Metkel, Kudus Merhawi, Debesay Mekseb, Okubamariam Tesfom, Gebreigzabhier Amanuel n’abandi ikaba ari nayo ifite agahigo ko kwegukanamo etapes nyinshi (19).

Iyi kipe yasezeye habura iminsi ibiri ngo isiganwa ritangire kubera ibibazo by’amikoro yahuye nabyo, abategura Tour du Rwanda bakaba bahise batangaza ko isimbuwe na SNH Velo Club yo muri Cameroun.

SNH Velo Club yaherukaga kwitabira Tour du Rwanda ya 2016 ifite abakinnyi barimo Fosing Robert, Mba Hervé Raoul, Guewa Clovis ariko uwasigaye mu mitwe ya benshi mu bakunzi b’umukino w’amagare akaba ari Kamzong Clovis, umwe mu bakinnyi bakomeye cyane iyi kipe igenderaho.

Amakipe azitabira Tour du Rwanda 2018

I. Amakipe y’ibihugu

 Ikipe y’u Rwanda
 Ikipe ya Afurika y’Epfo
 Ikipe ya Ethiopia

II. Amakipe yo muri Afurika

 Les Amis Sportif (Rwanda)
 Bénédiction (Rwanda)
 GSP Algeria (Algeria)
 SNH Velo Club (Cameroun)
 Kenyan Riders Safaricom (Kenya)
 Team Sampada (Afurika y’Epfo)
 Bai Sicasal- Petro de Luanda (Angola)

III. Amakipe yo hanze ya Afurika

 Team Loup Suisse Romandie (u Busuwisi)
 Marc Pro GYM One Cycling Team (USA)
 Team Haute-Savoie Rhône Alpes (u Bufaransa)
 Equipe De POC Côte De Lumière (u Bufaransa)
 Team Embrace The World (u Budage)

Uduce twa Tour du Rwanda 2018 n’imihanda tuzacamo

 Ku wa 5 Kanama: Rwamagana-Rwamagana: 104 Km
 Ku wa 6 Kanama: Kigali-Huye: 120,3 Km
 Ku wa 7 Kanama: Huye-Musanze: 195,3Km
 Ku wa 8 Kanama: Musanze-Karongi: 135,8 Km
 Ku wa 9 Kanama: Karongi-Rubavu: 95,1 Km
 Ku wa 10 Kanama: Rubavu-Kinigi (Parike y’Ibirunga): 108,5 km
 Ku wa 11 Kanama: Musanze- Kigali (imbere ya MIC): 107,4 km
 Ku wa 12 Kanama: Kigali (Stade Amahoro)- Kigali (Nyamirambo): 82,2 km

Ikipe ya Eritrea yagize abakinnyi bakomeye bitabira Tour du Rwanda ndetse ni nayo imaze kwegukanamo uduce twinshi kurusha izindi zose

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages