00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hadi Janvier ku rutonde rw’abakinnyi 10 ba mbere muri Afurika

Yanditswe na

Peter Aimable

Kuya 24 November 2015 saa 12:31
Yasuwe :

Nyuma yo kwitwara neza mu irushanwa ryo gusiganwa ku magare rya ‘Tour du Rwanda’, abakinnyi b’uyu mukino b’Abanyarwanda bakomeje kuza mu b’imbere ku Isi.

Umukinnyi Hadi Janvier w’imyaka 21 y’amavuko usanzwe akinira Team Rwanda Kalisimbi akaba na kapiteni wayo yashyizwe mu bakinnyi 10 ba mbere b’abanyafurika ku rutonde rwa ‘UCI Africa Tour 2015’ rukorwa n’ishyirahamwe ry’amagare ku isi ‘UCI’ hifashishijwe urubuga rwa ‘ProCyclingStats’.

Hadi Janvier wari umaze iminsi ahatanira kuza mu ba mbere icumi akaba yabonye uyu mwanya nyuma yo gufasha ‘Team Rwanda’ kwitwara neza mu irushanwa mpuzamahanaga ngarukamwaka rya ‘Tour du Rwanda’ bikamugeza ku manota 136.33 ari nayo yatumye ahita agera kuri uyu mwanya awukuyeho umunya Algeria ‘Nabil Baz’ usanzwe akinira ikipe yitwa ‘Velo Club Sovac’ ufite amanota 135.

Abandi bakinnyi b’Abanyarwanda bagaragara mu bakinnyi 100 beza muri Afurika harimo Jean Bosco Nsengimana uri ku mwanya wa 13 n’amanota 127, Joseph Areruya ari ku mwanya wa 36 n’amanota 60, Bonaventure Uwizeyimana ku mwanya wa 41 n’amanota 53.33, Joseph Biziyaremye ku mwanya wa 43 n’amanota 48, Emile Bintunimana ku mwanya wa 54 n’amanota 39, Valens Ndayisenga ku mwanya wa 61 n’amanota 31.33, Camera Hakuzimana akaza ku mwanya wa 73 n’amanota 28, Abraham Ruhumuriza wa 73 n’amanota 26, Patrick Byukusenge ku mwanya wa 82 n’amanota 21.

Twabibutsa ko Hadi Janvier yegukanye umudari wa zahabu mu mikino nyafurika, ndetse yegukana n’irushanwa rya Grand Prix de la Ville d’Oran ryakiniwe muri Algeria mu kwezi kwa gatatu.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages