Aba bakinnyi barimo abakinira Fly Cycling Club y’uruganda rwa Skol, Les Amis Sports y’i Rwamagana na Benediction Club y’i Rubavu bakinnye amasiganwa 11 yose yabereye mu Bubiligi, amwe bagenda bitwara neza andi ababera amasomo bitewe n’abandi babaga bahanganye bo bakuriye mu makipe akomeye i Burayi.
Isiganwa rya nyuma iryitwa ‘Veldegem Race’ barikinnye ku Cyumweru tariki 29 Nyakanga aho ryari rigizwe no kuzenguruka inshuro 17 ahantu hareshya na kilometero 5.4 muri rusange bingana n’ibilometero 91.4 Habimana Jean Eric yasoje ari uwa 34 asizwe n’uwa mbere amasegonda 18.
Iyi kipe yagarutse mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu, abakinnyi bashimira Skol yabafashije kugira inararibonye mu gusiganwa ku rwego mpuzamahanga ndetse bashimangira ko ibyo bize bizabafasha gukabya inzozi zabo zo gukina nk’ababigize umwuga mu gihe kiri imbere.
Habimana Jean Eric wagiye witwara neza mu masiganwa atandukanye yagize ati “Twageze hariya dusanga imihanda itandukanye n’iyo mu Rwanda. Byabanje kutugora mu minsi ya mbere ariko twaje kumenyera dutangira no kwitwara neza."
Yakomeje agira ati “Nigiyeyo byinshi, mpakuye ubunararibonye. Ubu nzi uko nakwitwara mu gikundi, nzi uko nakwihisha umuyaga, uko binjira mu ikororsi ndetse no kurisohokamo kuko twarabyize byose. Ndizera ko mu minsi iri imbere tuzaba dukora ibirenze ibyo twakoraga.”
Aba bakinnyi barimo Jean Eric Habimana, Gahemba Barnabé, Hakizimana Félicien, Nzafashwanayo Jean Claude, Jean Baptiste Nsabimana na Nkurunziza Yves bagiye muri aya masiganwa n’urugendoshuri ku nkunga ya Skol, RwandAir, Ferwacy n’Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Bubiligi.



















TANGA IGITEKEREZO