00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nsengimana Bosco na Hadi Janvier basinye mu ikipe ya Bike Aid yo mu Budage

Yanditswe na

Peter Aimable

Kuya 11 December 2015 saa 10:58
Yasuwe :

Nyuma yo kwitwara neza akegukana Tour du Rwanda 2015, Nsengimana Jean Bosco na Hadi Janvier bamaze gusinya amasezerano y’igihe cy’umwaka mu ikipe ya Bike Aid yo mu Budage.

Aba bakinnyi babiri b’Abanyarwanda babimburiye abandi gusinya mu makipe y’abigize umwuga yo hanze ya Afurika.

Aba bakinnyi ubu bamaze gusinya amasezerano y’umwaka mu ikipe y’ababigize umwuga (continental) yo mu gihugu cy’u Budage, ikipe kandi isanzwe ikinamo umukinnyi Debesay Mekseb watowe nk’umunyafrika witwaye neza mu mwaka wa 2014.

Usibye Nsengimana Jean Bosco wegukanye Tour du Rwanda, Hadi Janvier nawe yakoze andi mateka muri uyu mwaka yegukana umudari wa zahabu mu mikino Nyafurika (All Africa games).

Kugeza ubu, Hadi Janvier ari ku rutonde rukorwa n’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare ku Isi (UCI) ku mwanya wa 10 muri Afurika naho Nsengimana Jean Bosco ari ku rutonde rw’abakinnyi 20 bazatoranywamo umukinnyi wa mbere muri Afurika mu mwaka wa 2015.

Kugeza ubu, Nsengimana ari ku mwanya wa 13 ku rutonde rwa UCI muri Afurika.

Hadi Janvier wari kapiteni wa Team Kalisimbi, yashyize umukono ku masezerano y'umwaka umwe mu ikipe yo mu Budage Bike Aid
Nsengimana Jean-Bosco yashyize umukono ku masezerano y'umwaka umwe mu ikipe yo mu Budage Bike Aid
Bosco Nsengimana ubwo yegukanaga agace ka Prologue kabanjirije Tour du Rwanda 2015
Nsengimana, amanitse amaboko yishimira kwegukana Tour du Rwanda 2015
Hadi Janvier yegukanye umudari wa zahabu mu mikino nyafurika y'amagare (All Africa Games)

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages