00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amagare: Team Amani yo mu Rwanda iyoboye andi makipe muri Afurika

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 14 April 2026 saa 09:18
Yasuwe :

Team Amani yo mu Rwanda iyoboye amakipe yo muri Afurika yo gusiganwa ku magare, mu gihe Tadej Pogačar ukinira UAE Team Emirates akomeje kuba nimero ya mbere ku Isi.

Buri cyumweru, Ishyirahamwe ry’Imikino yo gusiganwa ku Magare ku Isi (UCI), rishyira hanze urutonde rw’uko abakinnyi, amakipe n’ibihugu bikurikiranye ku rutonde rw’Isi hakurikijwe amarushanwa aba yarakinwe.

Ku rutonde rwashyizwe hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 14 Mata 2026, Umunya-Slovenia, Tadej Pogacar, yongeye kuba ku mwanya wa mbere n’amanota 11.610, aho arusha Umunya-Denmark, Vingegaard Hansen Jonas amanota 4724,86.

Abandi bari muri batanu ba mbere ni Umunya-Mexique Del Toro Romero Isaac ukinira UAE Team Emirates XRG, Umubiligi Evenepoel Remco wa Red Bull - Bora - Hansgrohe n’Umwongereza Pidcock Tom ukinira Pinarello-Q36.5 Pro Cycling Team.

Abanyarwanda bakomeje kugira amanota make kuri uru rutonde, aho Niyonkuru Samuel wa Team Amani ari uwa 459 n’amanota 185, akaba yaramanutseho imyanya umunani ukurikije uko yari ahagaze mu cyumweru cyatambutse.

Mugisha Moise wa Benediction Banafrica Team umukurikiye ari ku mwanya wa 600 n’amanota 129,33, na we akaba yaramanutse imyanya icyenda ku rutonde rusange.

Mu makipe y’ibihugu ku mwanya wa mbere hari u Bubiligi n’amanota 21.129,19, ku mwanya wa kabira hakaba Denmark n’amanota 17.403,73, ku wa gatatu hakaba u Bufaransa n’amanota 16.568,9.

Slovenia ifite amanota 15.289 iri ku mwanya wa kane, naho ku mwanya wa gatanu hari u Bwongereza bufite amanota 14.156,14.

Ikipe y’Igihugu ya Eritrea ni iya 20 ku Isi n’amanota 4.086,88 ikaba iya mbere muri Afurika, naho u Rwanda rukaba ku mwanya wa 56 ku Isi n’amanota 591,32.

Ikipe ya Team Amani yo mu Rwanda ihagaze neza ku makipe meza muri Afurika, aho iri ku mwanya wa mbere n’amanota 347,66, igakurikirwa na Madar Pro Cycling Team yo muri Algeria na Tshenolo Pro Cycling Team yo muri Afurika y’Epfo.

Niyonkuru Samuel ni we uyoboye abandi Banyarwanda ku rutonde rw'abasiganwa ku magare ku Isi
Tadej Pogačar akomeje kuba nimero ya mbere ku Isi mu gusiganwa ku magare
Team Amani iyoboye andi makipe yo gusiganwa ku magare muri Afurika
U Rwanda ni igihugu cya 56 ku Isi mu gusiganwa ku magare

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages