00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Team Rwanda yageze i Kigali n’imidali 8 yatwaye muri Shampiyona Nyafurika (Amafoto na Video)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 15 February 2023 saa 10:16
Yasuwe :

Ikipe y’Igihugu y’Umukino wo gusiganwa ku Magare (Team Rwanda) yageze i Kigali ikubutse muri Shampiyona Nyafurika yaberaga muri Ghana aho yegukanye imidali umunani.

Iyi kipe yasesekaye ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki ya 15 Gashyantare 2023, ahagana saa Kumi n’Ebyiri n’iminota 57.

Muri rusange, abakinnyi 12 ba Team Rwanda bari muri iyi Shampiyona yakinwe hagati ya tariki ya 8 n’iya 13 Gashyantare, batahanye imidali umunani.

Iyo irimo ibiri ya Zahabu kuri Uhiriwe Byiza Renus na Ingabire Diane n’itatu ya Feza kuri Mugisha Moïse, Ingabire na Nzayisenga Valentine.

Undi mudali wa Feza wegukanywe na Team Rwanda mu gukina abagabo bavanze n’abagore mu gihe hari n’indi ibiri ya Bronze yatwawe n’abagabo n’abagore mu gusiganwa n’ibihe.

Visi Perezida wa Mbere w’Ishyirahamwe ry’Umukino wo Gusiganwa ku Magare (FERWACY), Karangwa François, yavuze ko bishimiye umusaruro babonye.

Yagize ati “Ni umusaruro twakiranye ibyishimo byinshi nyuma ya Covid-19 kuko batari baherutse amasiganwa.”

Yakomeje avuga ko mu rwego rwo kwitegura Shampiyona y’Isi izabera mu Rwanda mu 2025, hagiye kongerwa amasiganwa menshi ndetse hanashakwe izindi mpano kugira ngo bazamure urwego.

Ku ruhande rw’Umutoza w’Ikipe y’Igihugu, Sempoma Félix, yavuze ko yanyuzwe n’umusaruro abakinnyi be babonye, anatanga n’icyizere muri Tour du Rwanda.

Yagize ati “Ni umusaruro ushimishije kuko ubushize twari twazanye mike. Ni ibintu byiza cyane kuba tugiye kwitabira Tour du Rwanda tuvuye mu irushanwa.”

Yakomeje avuga ko icyizere cyo kwitwara neza muri Tour du Rwanda ari cyose. Ati “Tour du Rwanda buri mwaka iba ikomeye, ariko natwe tuba dukomeye, rero nk’ibisanzwe turashaka kuritwara ariko bitakunda tugashaka ‘etape’, gusa tuzahangana.”

Mugisha Moïse, Nsengimana Jean Bosco na Niyonkuru Samuel bavuye muri Shampiyona Nyafurika, bagiye guhita basanga bagenzi babo Masengesho Vainqueur na Manizabayo Eric ‘Karadiyo’, mu mwiherero wa Tour du Rwanda.

Tour du Rwanda, isiganwa rizenguruka urw’Imisozi 1000, riteganyijwe kuba tariki 19-26 Gashyantare 2023.

Ubwo umutoza Sempoma Félix yasohokaga mu Kibuga Mpuzamahanga cy'Indege cya Kigali i Kanombe
Nirere Xaverine ari mu basohotse mbere
Team Rwanda yakiranywe urugwiro
Uhiriwe Byiza Renus yari afite akanyamuneza nyuma yo kwegukana umudali wa Zahabu muri Shampiyona Nyafurika
Uhiriwe Byiza Renus yari afite akanyamuneza nyuma yo kwegukana umudali wa Zahabu muri Shampiyona Nyafurika
Muhoza Eric na we yari afite akanyamuneza
Abayobozi ba FERWACY bari baje kwakira Team Rwanda
Team Rwanda yatahanye imidali umunani irimo ibiri ya Zahabu
Sempoma Félix yavuze ko umusaruro babonye ushimishije
Visi Perezida wa Mbere wa FERWACY, Karangwa François, yavuze ko bagiye kurushaho gutegura aba bakinnyi

Amafoto: Ntare Julius

Video: Mugisha Dua


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages