Ku iri iki Cyumweru, tariki ya 19 Nyakanga 2026, ni bwo mu Bufaransa hakiniwe Agace ka 15 ka Tour de France katurukaga Champagnole kerekeza Plateau de Solaison ku ntera y’ibilometero 183,9.
Ni agace karimo udusozi twinshi two kuzamuka, ibyatumye abakinnyi basabwa imbaraga nyinshi cyane kugira ngo batanguranwe ku murongo wo gusorezaho.
Umubiligi Remco Evenepoel ukinira Red Bull - Bora - Hansgrohe yongeye kwigaragaza aba uwa mbere, ariko yahanganye na Tadej Pogačar wa UAE Team Emirates XRG banganyije ibihe kuko bombi bakoresheje amasaha ane, iminota 23 n’amasegonda icyenda.
Gusa mugenzi wabo bari bahanganye, Jonas Vingegaard ukinira Visma-Lease a Bike, yakoze impanuka yatumye ava mu isiganwa, kuko yavunitse urutugu ndetse akanababara ukuguru.
Pogačar ukomeje kuyobora urutonde rusange rw’isiganwa, yagaragaje ko uyu ari umwe mu bakinnyi bakomeye kandi batumaga isiganwa rigenda neza, ariko kutitwara neza kwe kwatewe n’abapima ibiyobyabwenge mu bakinnyi.
Ati “Wari umunsi ukomeye kuri Jonas. Icya mbere bamukanguye Saa Munani z’Ijoro bagiye kumupima, ibyo ntekereza ko atari ubumuntu kubangamira ibitotsi by’umuntu. Ayo masaha umuntu ntazi yankomangiye.”
“Mu kiganiro nagiranye na France TV, natekereje ko harimo ijanisha rito ku cyateye iriya mpanuka, kuko ntabwo uyu munsi yigeze asinzira neza.”
Jonas yegukanye Tour de France inshuro ebyiri harimo iya 2022 na 2023. Avuye mu isiganwa rya 2026 amaze kwegukana agace kamwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!