00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yashinze uruganda rw’amagare: Itafari riteza imbere umukino w’amagare kuri Sakumi wazize Jenoside (Video)

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 9 April 2024 saa 03:55
Yasuwe :

Umukino wo gusiganwa ku magare ni umwe mu ishingiyeho iterambere rya Siporo mu Rwanda by’umwihariko ku masiganwa mpuzamahanga ategurwa arimo na Tour du Rwanda.

Kugira ngo ibyo byose bigerweho hari bamwe mu babiharaniye batanga umusanzu wabo mu gutuma uyu mukino ugira aho uhera ndetse no kuwukundisha abawukina.

Sakumi Anselme ni umwe mu bantu batanze umusanzu ukomeye mu kubaka uyu mukino nubwo atigeze awukina, yabaye umwe mu baterankunga bawo bakomeye.

Uyu kandi ni umwe mu bagabo b’inkingi za mwamba muri siporo bahitanywe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Mu kiganiro kirambuye IGIHE yagiranye n’umwe mu bana b’uyu mugabo, Rusagara Sakumi Serge, yagerageje kunyuramo amwe mu mateka ya Se ndetse n’umusanzu yatangaga muri siporo y’u Rwanda.

Rusagara yakomoje ku kuba umubyeyi we yari umucuruzi ukomeye mu Rwanda ndetse byaje no kugira uruhare mu mukino w’amagare kuko yayacuruzaga mbere y’uko anayakora.

Ati “Twacuruje amagare kuva mu 1982 niba ntibeshye. Yacuruzaga [Sakumi Anselme] amagare y’ubwoko butandukanye, yari ahagarariye isoko ry’imashini zidoda za Singer, yaranguzaga ibyuma bya ‘fer à béton’ ndetse n’ibindi, yari umushabitsi muri make.”

“Mu 1990 ni bwo bwa mbere yasohoye amagare ya mbere mu ruganda. Intambara y’icyo gihe yatangiye twaramaze kuyashyira ku isoko, yari aya ‘Maguru’. Harimo ay’abakuru ndetse n’ay’abato kuva ku myaka umunani.”

Nyuma yo gushinga uruganda rukora amagare, Sakumi Anselme, yatangiye gukorana bya hafi n’Ishyirahamwe ry’umukino wayo ndetse n’amakipe kugira ngo bafatanye kuwuzamura.

Rusagara akomeza avuga ko “Icyo gihe yahise atangira kugira uruhare mu kugeza igare ku barimu bari bayakeneye. Ubwo kandi yanabaye umwe muri Komite y’Ishyirahamwe ry’Amagare nkurikije uko babitubwiye. Kuva mu 1987 kugeza 1994 yari Visi Perezida wa FERWACY.”

“Aho rero niho yafashirije urubyiruko kugera ku ndoto zabo by’umwihariko mu mukino w’Amagare. Yafatanyije n’uwitwa Mayaka witabye Imana mu minsi yashize kujya aha ikipe ye ya Ciné Elmay amagare yo kwifashisha. Nkeka ko urwo arirwo ruhare yagize muri uwo mukino tutibagiwe ko yakinaga Golf.”

Nyuma yo gutotezwa ndetse akanicanwa n’umugore we muri Jenoside, mu rwego rwo gukomeza kwibuka no guha agaciro imirimo ya Sakumi Anselme muri siporo, hatangijwe irushanwa ryamwitiriwe rya Legacy Sakumi Anselme Race.

Si ibyo gusa kuko no muri Kigali Golf Resolt & Villas hatewe igiti cyamwitiriwe kiri hamwe n’iby’abandi bakinnyi ba Golf bamaze kumenyekana bishwe icyo gihe barimo Dr. Munyangeyo Charles n’abandi.

Umuryango wa Sakumi Anselme wateye igiti cyo kwibuka umubyeyi wabo wazize Jenoside mu 1994
Rusagara Serge ni umwe mu bashinze isiganwa ryo kwibuka Se, Sakumi Anselme
Sakumi Anselme yagize uruhare mu iterambere ry'amasiganwa y'amagare mu Rwanda gusa yicwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 atabigezeho byose
Rusagara Sakumi Serge yavuze ko ibyo Se yaharaniye bitagomba kuzasibangana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages