00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Youth Racing Cup: Nshutiraguma na Iragena bitwaye neza hizihizwa umwaka irushanwa rimaze (Amafoto)

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 16 June 2024 saa 07:01
Yasuwe :

Nshutiraguma Kevin wa Cine Elmay na Iragena Charlotte wa Ndabaga Women Cycling Team, begukanye Umunsi wa Gatandatu wa Rwanda Youth Racing Cup 2024 wakiniwe i Musanze, aho hizihizwaga umwaka ushize iri rushanwa rihuza abakinnyi bato bari munsi y’imyaka 19 ritangiye kuba mu 2023.

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 16 Kamena, ni bwo mu Mujyi wa Musanze ahazwi nko mu Kizungu hakiniwe irushanwa rya gatandatu ry’abato muri uyu mwaka wa 2024, rikaba irya 12 kuva Rwanda Youth Racing Cup itangijwe muri Nyakanga 2023, bivuze ko yujuje umwaka umwe.

Ku nshuro yaryo ya kabiri i Musanze muri uyu mwaka, nyuma ya Mutarama, iri rushanwa ryari ryitabiriwe n’ibyiciro bitanu birimo kuva ku bari munsi y’imyaka 11 kugeza ku bari munsi y’imyaka 19 mu bahungu n’abakobwa.

Ryaje rikurikira iryaherukaga kubera bwa mbere i Rwamagana muri Gicurasi, abiri yabereye kuri Field of Dreams mu Bugesera muri Gashyantare na Mata no muri Parikingi ya Kigali Pelé Stadium i Nyamirambo muri Werurwe.

Nshutiraguma Kevin wa Cine Elmay yaryegukanye mu bahungu batarengeje imyaka 19 akoresheje imonota 34 n’amasegonda 32 ku ntera y’ibilometero 32, ahigika abarimo Twagirayezu Didier wa Kayonza Cycling Club na Nshimiyimana Phocas wa Benediction Club. Muri iki cyiciro, hashoje abakinnyi 31.

Mu bakobwa, hatsinze Iragena Charlotte wa Ndabaga Women Cycling Team, aho yakoresheje iminota 36 n’amasegonda arindwi, asiga abandi icyenda barimo Mutoniwase Beatha wa Les Amis Sportifs na Uwimpuhwe Alice wa Bike For Future TC.

Mu batarengeje imyaka 17 hitabiriye abahungu 19 barimo babiri batashoje n’abakobwa icyenda, Masengesho Yvonne wa Ndabaga WCT na Gisubizo Issa wa Les Amis Sportifs ni bo batsinze.

Mu batengeje imyaka 15, hari hitabiriye abakobwa batandatu n’abahungu 16 barimo umwe utasoje, hatsinze Niyibizi Joyce wa Les Amis Sportifs na Eli Salim wa Muhazi Cycling Generation.

Mu batarengeje imyaka 13 hatsinze Sano Francis wa Muhazi Cycling Generation nyuma yo gusiga abandi bahungu icyenda mu gihe Mwamikazi Joy Cynthia wa Benediction Cycling Team yahigitse abandi bakobwa batatu bakinanye muri iki cyiciro.

Mu cyiciro cy’Abatarengeje imyaka 11 hatsinze Igiraneza Ogila wa Muhazi Cycling Generation na Zaneti David wa Les Amis Sportifs. Aha hari hitabiriye abakobwa batanu n’abahungu 18.

Iyi Shampiyona y’Abakiri Bato yatangijwe n’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY) mu gutegura Shampiyona y’Isi izabera i Kigali mu 2025 no kuzamura impano z’abakinnyi bakiri mu myaka yo hasi ku buryo bazagenda bakurikiranwa.

Buri uko abakinnyi bitabiriye, bahabwa amanota kugira ngo abagaragaza impano babashe gukurikiranwa.

Uyu Munsi wakiniwe i Musanze witabiriwe n’abana 128 mu byiciro bitandukanye mu gihe muri Gicurasi, i Rwamagana hari hitabiriye abana 110 naho ubwitabire buri hejuru ni ubwo muri Mata aho hitabiriye abana abana 158 mu Bugesera.

Irushanwa ritaha riteganyijwe muri Nyakanga i Nyamirambo mu gihe i Musanze ari mu Ugushyingo 2024.

Abana batarangeje imyaka 11 ni bo babanza gukina
Rwanda Youth Racing Cup yujuje umwaka umwe kuva itangiye muri Nyakanga 2023
Igiraneza Ogilla yishimira intsinzi mu bakobwa batarenheje imyaka 11
Umwamikazi Joy Cynthia yabonye intsinzi ya gatandatu yikurikiranya mu bakobwa batarengeje imyaka 13
Gisubizo Issa yatsinze mu bahungu batarengeje imyaka 17
Masengesho Yvonne yatsinze mu bakobwa batarengeje imyaka 17, atambuka ku murongo afite igare mu ntoki nyuma y'uko ryari ryagize ikibazo
Iragena Charlotte yongeye kwigaragaza mu bakobwa batarengeje imyaka 19
Nshutiraguma Kevin (imbere iburyo) ni we watsinze mu ngimbi zitarangeje imyaka 19
Abana 128 ni bo bitabiriye iri rushanwa rya gatandatu mu 2024

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages