Kuri iki Cyumweru, tariki ya 19 Nyakanga 2026, ni bwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika haza gusorezwa imikino y’Igikombe cy’Isi yakiriye ifatanyije na Mexique na Canada.
Mu gihe iri rushanwa ryarimo rikinwa, ibibuga birindwi byakoreshwaga n’amakipe ya NFL byashyizwemo ubwatsi bw’umwimerere, kugira ngo byuzuze ibisabwa n’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA) ritegura irushanwa.
Gusa biteganyijwe ko nyuma y’Igikombe cy’Isi, ibi bibuga bizongera guhindurwa bigashyirwamo ubwatsi bw’ubukorano, ariko 92% by’abakinnyi ba NFL bifuza gukinira kubibuga by’ubwatsi bw’umwimerere.
Abakinnyi bavuga ko ubwatsi bw’ubukorano bugira ingaruka nyinshi ku mibiri yabo kurusha ubwatsi busanzwe, cyane cyane bitewe n’uko bukomera kandi bukongera ibyago byo kugira ibibazo by’imvune.
Muri stade 30 zisanzwe zikoreshwa n’amakipe ya NFL, 15 ni zo zifite ubwatsi bw’umwimerere, mu gihe izindi 15 zikoreshamo ubwatsi bw’ubukorano.
Impamvu nyamukuru ituma amakipe amwe akoresha ubwatsi bw’ubukorano, ni amafaranga menshi asabwa mu kubungabunga ubwatsi bw’umwimerere.
Umwe mu bakinnyi batanze iki cyifuzo ni Caleb Williams ukinira Chicago Bears, wgize ati “Kuki natwe tutagira ibi?”.
Jonathan Taylor wa Indianapolis Colts, na we yavuze ko “Ubwatsi bw’umwimerere ntiburi kure y’ibishoboka. Gushyira imbere abakinnyi na byo ntibikwiye kuba ikibazo.”
Ishyirahamwe ry’Abakinnyi ba NFL na ryo risaba ko ibibuga by’ibyatsi bisanzwe byahoraho.
Rigira riti “Ntabwo bikiri ikibazo cyo kumenya niba bishoboka. Ikoranabuhanga rirahari, ubunararibonye burahari kandi n’ubushobozi bwo gushyiraho ibibuga by’ubwatsi bw’umwimerere bufite ireme ryo ku rwego rwo hejuru abakinnyi bifuza burahari.”
Ryongeyeho ko kuba harabayeho ishoramari rikomeye kugira ngo ibibuga byuzuze ibisabwa mu mikino ikomeye nk’Igikombe cy’Isi, bigaragaza ko n’abakinnyi ba NFL na bo bakwiye guhabwa agaciro muri ubwo buryo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!