Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu bakunzi ba siporo, abakinnyi, abayobozi n’abanyamakuru biraye mu Batutsi n’abashinjwaga kuba ibyitso by’Inkotanyi barabica babaziza uko bavutse n’imyemerere yabo.
Aganira na IGIHE, Umuvugizi wa APR FC, Kabanda Tony, yasabye abakunzi ba APR FC kwirinda ko ibi byazasubira ukundi ahubwo bakarushaho kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.
Yagize ati "Siporo ihuza abantu kuko ikundwa na benshi ku Isi yose. Ni ubugwari bukomeye cyane kubona uwahuzaga imbaga y’abantu baje kureba uko akina, yifatanya n’ababisha muri Jenoside yakorewe Abatutsi, akica abamuteraga imbaraga n’ingabo mu bitugu arimo gukina. Ni ubugwari bukabije cyane.’’
Kabanda yasabye abakunzi ba APR FC n’Abanyarwanda muri rusange kwamagana byimazeyo abagifite ingangabitekerezo ya Jenoside.
Yagize ati ’’Ndasaba Abakunzi ba APR FC, aba-sportifs n’Abanyarwanda muri rusange kwamagana byimazeyo Jenoside n’ingengabitekerezo yayo twitsa cyane ku bayipfobya kuko ari abanzi
b’ubumwe n’ubwiyunge. Twibuke twiyubaka.’’
Kabanda Tony ni Umuvugizi wa APR FC, ikipe ifite ibikombe byinshi kurusha izindi zose mu Rwanda. Iyi Kipe y’Ingabo ibitse ibikombe bya CECAFA bitatu, ibya Shampiyona 20, Icy’Amahoro yatwaye inshuro 13 n’Igikombe kiruta ibindi mu Rwanda [Super Cup] yatwaye inshuro eshatu.
APR FC imaze kuba ubukombe mu gihugu iri mu makipe afite abafana n’abakunzi benshi bahisemo kuyigwa inyuma. Kuri ubu ni yo iyoboye urutonde rwa Shampiyona ya 2022/23 igeze ku munsi wa 24, n’amanota 52 aho irusha Kiyovu Sports ya kabiri amanota abiri.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!