Imyaka ibiri igiye kuzura Kigali Golf Resort & Villas itangiye gahunda yo gutanga ubumenyi ku gukina Golf benshi bamenyereye nk’umukino w’abakuze, nk’imwe mu mpamvu zo gushishikariza n’abana gukora iyi siporo.
Iyi niyo mpamvu yatumye kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 2 Mata 2024, abayobozi n’abatoza ba Académie ya Bayern Munich mu Rwanda bajya muri Kigali Golf Resort & Villas gutangira guha abana amasomo y’uyu mukino.
Leta y’u Rwanda binyuze muri Minisiteri ya Siporo isanzwe ifasha mu buzima bwa buri munsi abana ba Académie ya Bayern Munich harimo no kubarihira amashuri no kubaha ubundi bumenyi burenze kuri ruhago.
Kugeza ubu abana 30 biga umupira w’amaguru bahawe ubumenyi bw’ibanze ku mukino wa Golf ndetse uko ibihe bizajya byigira imbere bakazatangira kwerekwa uko uyu mukino wafatanywa n’indi.
Aba bakinnyi biyongera ku bandi bana 100 biga mu buryo buhoraho umukino wa Golf ndetse bamwe muri bo bakaba baratangiye no kujya mu marushanwa ategurirwa kuri iki kibuga mpuzamahanga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!