00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abatuye Umujyi wa Kigali bitabiriye siporo rusange (Amafoto)

Yanditswe na Blaise Mukwende Nziza
Kuya 6 March 2022 saa 01:07
Yasuwe :

Kuri iki Cyumweru tariki ya 6 Werurwe 2022, abatuye Umujyi wa Kigali babyukiye muri siporo rusange izwi nka ‘Car Free Day’ yakozwe hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19.

Ni iya mbere muri uku kwezi kwa Werurwe nyuma y’iyari yarateguwe ku wa 20 Gashyantare 2022.

Abayitabiriye kuri iki Cyumweru kuva saa moya za mu gitondo kugera saa yine, bubahirizaga amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19 arimo guhana intera, kwitwaza no gukoresha imiti yabugenewe isukura intoki n’ibindi.

Car Free Day ni siporo rusange yatangijwe muri Gicurasi 2016 igamije gushishikariza abatuye Umujyi wa Kigali umuco wo gukora siporo no kubiborohereza, gushishikariza abaturage kwirinda indwara zitandukanye, aho bahabwa inama bakanapimwa izi ndwara ku buntu. Kuri ubu no mu ntara zindi iyi Siporo irakorwa.

Mu ntangiriro za 2018 ni bwo Perezida Kagame yasabye ko yajya iba kabiri mu kwezi; ku Cyumweru cya mbere cy’ukwezi n’icya gatatu.

Meya w'Umujyi wa Kigali Pudence Rubingisa (uwa gatatu uhereye ibumoso) ari mu bitabiriye Car Free Day kuri iki cyumweru
Abatuye umujyi bitabiriye Car Free Day yari ibaye bwa mbere muri uku kwezi
Amagare aba yemewe muri iyi siporo iba kabiri mu kwezi
Ibinyabiziga byari byakumiriwe mu mihanda itandukanye kugira ngo abantu babone uko bakora siporo bisanzuye
Ababishoboye bagendaga mu matsinda ngo baterane imbaraga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages