00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Akari ku mutima w’abagize ikipe Olempike y’impunzi yegukanye imidali ibiri muri ANOCA Zone V

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 6 April 2019 saa 07:56
Yasuwe :

Ku nshuro yayo ya mbere yitabira amarushanwa mpuzamahanga, ikipe Olempike y’Impunzi yabashije kwegukana imidali ibiri mu mikino ihuje urubyiruko rwo mu karere ka gatanu ‘ANOCA Zone V Youth Games 2019’ iri kubera mu karere ka Huye.

Nk’uko byatangijwe na Komite Olempike ku rwego rw’Isi, aho mu mikino Olempike yabereye muri Argentine mu mwaka ushize, hitabiriye n’ikipe y’Impunzi, no mu karere ka Afurika y’Iburazirazuba, muri iyi mikino ihuje ibihugu 12, hitabiriye abana baturutse mu nkambi z’impunzi ziri mu Rwanda; iya Kiziba yo muri Karongi, Mahama muri Kirehe n’iya Nyabiheke muri Gatsibo.

Aba bana bari munsi y’imyaka 18 bahatanye na bagenzi babo mu mikino itanu irimo Basketball y’abakina ari batatu, Taekwondo, Beach Volleyball, Amagare no gusiganwa ku maguru, babasha kwegukana imidali ibiri.

Iyi midali yombi yabonetse mu mukino wa Taekwondo; aho Mbabazi Lady wo mu nkambi ya Kiziba yatwaye umudali wa Bronze mu bari munsi y’ibiro 55 naho Iteriteka Aniella wo mu nkambi ya Mahama atwara umudali wa Bronze mu bari munsi y’ibiro 44.

Iteriteka Aniella yavuze ko yashimishijwe no kubona umudali ahanganye n’abakinnyi bavuye mu bihugu 12, avuga ko aramutse abonye amarushanwa menshi, yarenga urwego bo bariho.

Ati” Gutwara umudali mbyakiriye neza cyane rwose kuko byanteye kubona abo ntari nzi kandi no kumenya abo ntari nakabonye. Byanshimishije cyane gukina iri rushanwa nkabona umudali. Nabonye ari abakinnyi bakomeye, icyo nasaba ni uko nafashwa kugira ngo ngere ku rwego bagezeho, Abafansa, Abanya-Misiri n’abanyarwanda banyeretse ibyo ntarabona, ariko mbonye uko mfashwa nanjye nazabatsinda.”

Singirankabo Marc waje ahagarariye iyi kipe Olempike y’Impunzi, yavuze ko yashimishijwe n’uko aba bakinnyi bitwaye kuko nta marushanwa menshi babonaga.

Ati” Twabyakiriye neza nk’abantu baba bari kumwe n’impunzi mu buzima bwa buri munsi tuba tuzi imikino ariko tutazi ko bashobora kwitabira amarushanwa nk’aya, kuba twaritabiriye iri rushanwa ririmo ibihugu 11 hakazamo n’igihugu cy’i Burayi nk’u Bufaransa, ni ikintu cyatunejeje nkatwe ababa bari kumwe n’impunzi ndetse n’impunzi zaje gukina iyi mikino ubwazo kuko byagaragaje ko baba batekerezwaho mu buzima bwa buri munsi.”

“Ntabwo twatekerezaga ko dushobora kuba twabona umudali n’umwe kuko abakinnyi nta myitozo ihagije n’amarushanwa babonaga, ariko twahaye abana imbaraga, turabahugura babasha kubona imidali. Tugize amahirwe tukajya gukina n’ahandi byaba ari byiza cyane. Ibibuga tuba tubifite, tugira imbogamizi z’umwanya n’abatoza babifite ubushobozi.”

Singirankabo yavuze ko kandi irushanwa Ikipe y’Impunzi yaherukaga kwitabira ari irya 2017 muri Kung-Fu, aho inkambi ya Kiziba yabaye iya mbere ku rwego rw’igihugu mu gihe iyi nshuro yari iya mbere yitabira irushanwa mpuzamahanga.

Ubwo hatangizwaga iyi mikino y’akarere ka Gatanu, kuwa Kabiri w’iki cyumweru, umuyobozi wa ANOCA Zone V; William Blick yavuze ko ikipe Olempike y’Impunzi yaje muri iyi mikino ari iyigize iy’akarere kose, ikazagahagararira mu yandi marushanwa y’urubyiruko azaba.

Abakinnyi bari bagize ikipe Olempike y'Impunzi
Abatoza b'aba bana bagize ikipe Olempike y'Impunzi
Baserukanye ibendera rya Komite Olempike
Ikipe y'Impunzi yemerewe guhagararira akarere ka Gatanu
Iteriteka Aniella na Mbabazi Lady begukanye imidali muri Taekwondo
Singirankabo Marc (ubanza iburyo) yaje ahagarariye iyi kipe
Perezida wa ANOCA Zone V William Blick yavuze ko iyi kipe y'Impunzi ari yo y'akarere ka Gatanu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages