Huye Rally igamije kwibuka no guha icyubahiro Gakwaya Claude wakinaga amasiganwa y’imodoka, witabye Imana mu 1986 azize impanuka, yabaye iminsi itatu guhera ku wa Gatanu, tariki ya 14 Kamena mu Karere ka Huye n’aka Gisagara.
Mu modoka 17 zari zitezwe, zirimo icyenda z’Abanyarwanda, hakinnye 13 ariko umunani gusa ni zo zashoje iminsi ibiri yo kurushanwa ku wa Gatandatu no ku Cyumweru.
Gakwaya Claude na Mugabo Jean Claude bakinishaga Subaru Impreza, begukanye ‘Huye Rally 2024’ bakoresheje amasaha abiri, iminota irindwi n’amasegonda 35 ku ntera y’ibilometero 169,3 byakinwe mu duce 12 dutandukanye.
Aba Banyarwanda babaye aba mbere mu duce tune twa mbere twakiniwe i Gisagara na Rango ndetse na kamwe k’ijoro muri uyu muhanda wa nyuma.
Abanya-Uganda Fred Kitaka Busulwa na Joseph Bongole batahanye umwanya wa kabiri, barushijwe iminota ine n’amasegonda 10 mu gihe Kalimpinya Queen ukinana na Ngabo Olivier babaye aba gatatu barushwa iminota 22 n’amasegonda arindwi.
Izindi modoka eshanu zashoje isiganwa ni iyari itwawe na Nasser Mutebi (Uganda), Dr Mukasa Moustapha (Uganda), Mike Rutuku (Rwanda), Jules Semambo (Uganda) na Sekamana Genese (Rwanda).
Mu batarashoje harimo Yoto Fabrice/Rutabingwa Fernand (Rwanda), Nshimiyimana Adolphe/ Anita Pendo (Rwanda), Furaha Sekamana/ Muhire Bosco (Rwanda), Jonas Kansiime/ Monica Birwinyo (Uganda) na Giancarlo Davite/ Sandrine Isheja.
Iri siganwa ryari irya kabiri ku ngengabihe ya Shampiyona y’u Rwanda y’umukino wo gusiganwa mu modoka, nyuma ya Sprint Rally yabereye i Rwamagana muri Werurwe ndetse ryari ryitabiriwe n’imodoka na moto zavuye muri Uganda.
Biteganyijwe ko tariki ya 1 Nzeri ari bwo hazakinwa indi Sprint Rally izabera i Gako mu gihe isiganwa rikomeye rya Rwanda Mountain Gorilla Rally, riri ku ngengabihe ya Shampiyona Nyafurika, rizakinwa iminsi itatu tariki ya 18-20 Ukwakira 2024.
Amafoto: Kasiro Claude
Video: Bizimana Confiance



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!