00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amakipe azegukana Shampiyona ya Sitting Volleyball agiye kumenyekana

Yanditswe na IGIHE
Kuya 21 March 2024 saa 03:19
Yasuwe :

Komite y’Igihugu y’Imikino y’Abafite Ubumuga (NPC) yatangaje ko mu mpera z’iki cyumweru hazakinwa imikino ya nyuma muri Shampiyona ya Sitting Volleyball mu bagabo n’abagore.

Ni imikino iteganyijwe tariki ya 23 na 24 Werurwe 2024, ikazabera kuri Stade y’Akarere ka Bugesera, guhera saa Saba z’amanywa.

Mu bagabo, amakipe ane mu itsinda rya mbere n’irya kabiri ni yo yabonye itike yo gukina iyi mikino ya nyuma.

Ayo makipe ni: Gasabo, Musanze, Nyagatare na Rwamagana mu itsinda rya mbere. Na ho mu itsinda rya kabiri; Gisagara, Burera, Rusizi na Rubavu ni zo zabonye itike.

Muri 1/4 ikipe ya mbere izahura n’iya kane, mu gihe ikipe ya kabiri izahura n’iya gatatu.

Gasabo izahura na Rubavu, Musanze ikine na Burera, Nyagatare ihure na Rusizi mu gihe Rwamagana izacakirana na Gisagara.

Muri 1/2, ikipe izatsinda hagati ya Gasabo na Rubavu izahura n’izatsinda hagati ya Rusizi na Nyagatare, mu gihe izatsinda hagati ya Rwamagana na Gisagara izacakirana n’izatsinda hagati ya Musanze na Burera.

Nyuma y’iyi mikino ni bwo hazamenyekana amakipe azakina umukino wa nyuma.

Mu bagore ho nta mikino ya 1/4 izakinwa, ahubwo bazahera muri 1/2; Bugesera ihure na Musanze naho Gicumbi yisobanure na Nyarugenge. Abazatsinda bazahita bahurira ku mukino wa nyuma.

Intwari za Gasabo ni yo ibitse Igikombe cya Shampiyona cy’umwaka ushize mu bagabo, mu gihe Bugesera ari yo yacyegukanye mu bagore.

Shampiyona ya Sitting Volleyball izasorezwa mu Karere ka Bugesera mu mpera z'iki cyumweru
Amakipe y'abagabo azahera muri 1/4 mu gihe abagore bazahera muri 1/2

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages