Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, tariki ya 20 Ukuboza 2025, ni bwo muri Bénin hahuriye abakinnyi bose bakuye i Kigali itike y’imikino ya nyuma, ngo bahanganire imikandara ikomeye muri PFL Africa.
Abakinnyi b’abagore ni bo babanje mu kibuga, aho umukino wabimburiye indi ari uwahuje Shelda Chipito wo muri Zambia watsinze Miracle Andrew.
Hakurikiraho uwa Mouhamed Ba ukomoka muri Senegal watsinze Desmond Tamungang wo muri Cameroun kuri ‘Knockout’ y’agace ka mbere, mu cyiciro cya Welterweight.
Abdoulaye Kane wakuye i Kigali itike y’imikino ya nyuma nyuma yo gukubita umugeri umwe Emmanuel Mukam muri Heavyweight, yahuye na Jashell Ticha Awa wo muri Nigeria, na we amutsinda mu gace ka kabiri nyuma yo kumanika amaboko.
Styve Ngono wo muri Cameroun yatsinze Mélèdje Yedoh wo muri Côte d’Ivoire, nyuma yo kumurusha mu duce dutatu twose ku manota (30-27, 30-27, 30-27).
Umurwano wo mu cyiciro cya Strawweight mu bagore, Juliet Ukah wo muri Nigeria yatsinze Maryam Gaber wo mu Misiri amutsinze ‘Knockout’ mu gace ka mbere.
Eliezer Kubanza wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yatsinze Francis Mozou wo muri Côte d’Ivoire, mu murwano utatinze cyane kuko yamukubise ‘Knockout’ ku gace ka mbere.
Wasi Adeshina wo muri Nigeria yatsinze Alain Majorique wo muri Cameroun muri Featherweight, wemeye mu gace ka kabiri kubera ibipfunsi byari bimurembeje.
Abraham Bably wo muri Côte d’Ivoire yatsinze Justin Clarke wo muri Afurika y’Epfo muri Heavyweight, nyuma y’uko amurambitse hasi akamuhata ibipfunsi bitagira ingano kugeza yemeye.
Cornel Thompson wo muri Nigeria yatsinze na Jean de Santos wo muri Benin wakiniraga imbere y’abafana be muri Lightweight, amurushije mu duce dutatu (30-27, 30-27, 29-28).
Imirwano ibiri ya nyuma ni yo yari itegerejwe, aho Yabna N’tchala wo muri Guinea-Bissau, yahuye na Shido Boris Esperanca wo muri Angola muri Welterwight.
Shido Boris Esperanca yatangiye neza umukino agerageza gukubita imigeri myinshi n’ibipfunsi Yabna N’tchala, ariko mu gace ka kabiri aramwigaranzura ndetse yegukana umukino.
Umukino wari uhatse indi ni uwa Nkosi Ndebele wo muri Afurika y’Epfo watsinze Boule Godogo wo muri Angola muri Bantamweight. Ndebele yegukanye umukino ku isegonda rya 21 ry’agace ka kabiri, kuko yakuse mugenzi we umugeri ahita amanika amaboko.
Umukandara we yahise awambikwa na Francis Ngannou, indwanyi y’akataraboneka mu mikino njyarugamba ndetse akanaba Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya PFL Africa yabereye muri Afurika bwa mbere.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!