00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

BPR Bank imaze gushora miliyari 2,3 Frw mu marushanwa ya Golf binyuze muri KCB Group

Yanditswe na Manzi Sabin
Kuya 19 October 2025 saa 07:45
Yasuwe :

BPR Bank Rwanda Plc. itera inkunga irushanwa rya ‘BPR-KCB East Africa Golf Tour’, imaze kurishoramo arenga miliyari 2.3 Frw mu myaka itatu imaze iritegura, byose bigakorwa binyuze muri KCB Group.

Amakuru y’iyi nkunga yavugiwe mu muhango wo gutanga ibihembo ku bakinnyi bahize abandi muri iri rushanwa wabaye ku wa 18 Ukwakira 2025.

Muri uyu muhango hahembwe abakinnyi 28 bitwaye neza nyuma yo guhatana mu byiciro bitandukanye bigize iri rushanwa ryitabiriwe n’abagera kuri 200 barimo Abanyarwanda 120.

BPR Bank Rwanda Plc igaragaza ko mu 2023 KCB Group yashoye miliyoni 680 Frw, mu 2024 ishora asaga miliyoni 730 Frw, naho mu 2025 yashoye arenga miliyoni 900 Frw.

Umuyobozi Mukuru wa BPR Bank Rwanda Plc Patience Mutesi, ati “Twizera ko binyuze mu mikino, twe nka BPR Bank Rwanda Plc tubasha gushyikirana ndetse atari ku bwacu gusa, ahubwo binarema umubano hagati yacu n’abandi, bikadufasha kwihuza n’abakunzi b’imikino hirya no hino mu karere.”

Uyu muhango kandi waranzwe no gusabana hagati y’abakinnyi n’abakunzi b’umukino wa Golf, banasusurutswa mu ndirimbo bishimira intsinzi.

Imikino yanyuma ya ‘BPR-KCB East Africa Tour’ itegerejwe mu Ukuboza 2025 ikazabera i Nairobi muri Kenya.

Abakinnyi bane bitwaye neza batoranyijwe kuzahagararira u Rwanda barimo Mulenga Patrick, Akanigi Melisa, Sheetar Philp na Rugema Willy.

Ikipe izaba iya mbere izahembwa miliyoni y’Amashilingi ya Kenya ni ukuvuga miliyoni 11,2 Frw. Bazaboneraho inkunga yo kujya Dubai kwitabira irushanwa rya Dubai classic.

Gihana Mulenga Patrick uri mu bazahagararira u Rwanda mu mikino ya nyuma izabera i Nairobi muri Kenya yabwiye IGIHE ko biteguye kuzahesha ishema igihugu ndetse ashima n’umufatanyabikorwa BPR Bank Rwanda Plc ku bwo guteza imbere siporo by’umwihariko Golf.

Yagize ati “Iki ni cyo gihembo cya mbere mbonye muri Golf, kandi iri ni itangiriro kuko muri Kenya ndizera ko tuzitwara neza. Ndashimira BPR Bank Rwanda Plc ku bwo kudutera ingabo mu bitugu, kuko birafasha cyane iyo ukina udafite ikibazo cyaho ukura ibikoresho.”

Muri iri rushanwa umukinnyi wahize abandi mu cyiciro cy’abagabo batumiwe, yabaye Francis Mwangi n’amanota 42, akurikirwa na All Timimi wagize 41, na ho mu cyiciro cy’abagore Nasabwe Kelly ni we watsinze n’amanota 39, ahigitse Akero Lina wamukurikiye ku mwanya wa kabiri n’amanota 34.

Umuyobozi Mukuru wa BPR Bank Rwanda, Patience Mutesi, yavuze ko gushora muri siporo bibafasha gushyikirana n'abakunzi bayo hirya no hino mu karere
Iri rushanwa ryitabiriwe n'abakinnyi 200 barimo Abanyarwanda 120
Byari ibyishimo ku bitabiriye umuhango wo guhemba abitwaye neza muri BPR-KCB East Africa Golf Tour
BPR-KCB East Africa Golf Tour yabaga ku nshuro ya gatatu
BPR Bank ni yo muterankunga mukuru wa East Afica Golf Tour
Ben Kanzira, Mugisha Richard, na Iyamuremye Jean Pierre. bari mu bahembwe muri uyu muhango
Akanyamuneza kari kose ku bahawe ibihembo muri East Africa Golf Tour
Abakinnyi bane barimo Mulenga Patrick, Akanigi Melisa, Sheetar Philp na Rugema Willy, ni bo bazahagararira u Rwanda mu mikino yanyu izabera muri Kenya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages