00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bugesera FC yunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bashyinguwe mu Rwibutso rwa Nyamata

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 7 April 2023 saa 08:16
Yasuwe :

Kuri uyu wa Gatanu tariki 7 Mata 2023 ubwo abanyarwanda n’isi yose muri rusange batangiraga icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, Ikipe ya Bugesera FC yunamiye inzirakarengane zishyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Nyamata mu karere ka Bugesera.

Abayobozi, abatoza ndetse n’abakinnyi b’iyi Kipe bashyize indabo ku mva ndetse bunamira inzirakarengane zishyinguye mu rwibutso rwa Nyamata.

Perezida wa Bugesera FC, Gahigi Jean Claude aganira na IGIHE yasabye abari mu ruganda rwa siporo guharanira kubaka Siporo izira ivangura n’amacakubiri.

Yagize ati "Muri iki gihe twibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Ubuyobozi bwa Bugesera FC bwihanganishije imiryango y’abari mu ruganda rwa siporo bazize Jenoside. Duharanire kubaka siporo izira amacakubiri n’ivangura iryo ari ryo ryose, tuzirikane ko siporo yaba umuyoboro mwiza wo kudaheranwa n’agahinda ndetse no guha agaciro ibyo abacu bakundaga. Twibuke twiyubaka.’’

Kwibuka kandi byabereye no mu midugudu yose igize aka karere, Umushyitsi mukuru yari Depite Mukarugwiza Anonciate.

Byanitabiriwe kandi na Depite Mukobwa Justine, abagize Inama njyanama y’akarere, Komite nyobozi, Komite ya Ibuka ku rwego rw’ akarere, inzego z’umutekano, abihayimana, abakozi b’Akarere ka Bugesera, abafatanyabikorwa n’Abaturage b’Umurenge wa Nyamata.

igikorwa cyo kwibuka cyasojwe n’ijambo rya Perezida wa Repubulika Paul Kagame aho abaturage barikurikiye kuri Radio hirya no hino mu midugudu yose igize Akarere ka Bugesera.

Bugesera FC yunamiye abazize Jenoside yakorewe abatutsi bashyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Nyamata
Abayobozi, abakinnyi n'abatoza ba Bugesera FC bitabiriye uyu muhango
Bashyize indabo ku mva zishyinguyemo imibiri y'abazize Jenoside yakorewe abatutsi bashyinguye mu rwibutso rwa Nyamata
Depite Mukarugwiza Anonciate ni we wari Umushyitsi mukuru muri uyu muhango
Ubwo hatangiraga iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994
Ni umuhango witabiriwe n'abanyacyubahiro batandukanye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages