00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

CHAN: Zambia yatunguwe na Guinea iyisezerera kuri penaliti

Yanditswe na

Manzi Lema Jules

Kuya 1 February 2016 saa 09:35
Yasuwe :

Ikipe y’igihugu ya Guinea yitabiriye imikino ya CHAN ku nshuro ya mbere yaje idahabwa amahirwe ariko bitunguranye yasezereye Zambia kuri penaliti, ihita ibona itike ya ½ cy’irangiza.

Zambia ni imwe mu makipe akomeye yitabiriye iri rushanwa ndetse yaranabigaragaje kuko mu mikino ine yari imaze gukina kuva CHAN yatangira yari itaratsindwa igitego na kimwe.

Iminota 90 isanzwe y’umukino yarangiye ari ubusa ku busa nk’uko byagenze no mu mikino ibiri yo muri ¼ hongerwaho iminota 30 iteganywa n’itegeko igihe amakipe arangije umukino atabashije kwisobanura.

Bitandukanye no mu yindi mikino hagiye haboneka ibitego mu minota y’inyongera, ku mukino wa Zambia na Guinea nta gitego cyabonetse kuko n’amahirwe yagiye aboneka nta bwo yakoreshejwe neza ku mpande zombi.

Nk’uko amategeko y’irushanwa abigena, nyuma y’iminota 120 hitabajwe penaliti kugira ngo haboneke ikipe isanga izindi eshatu zo zari zamaze kumenyekana muri 1/2.

Afande Christopher Katongo wayoboye iyi kipe akayigeza ku mwanya wa gatatu muri CHAN ya 2009, niwe wanabaye uwa mbere gutera penaliti ariko umuzamu wa Guinea Keita wari wigaragaje cyane mu mukino ayikuramo.

Abahushije penaliti ku mpande rwa Zambia ni Christopher Katongo, Kabamba na Daut Musekwa.

Ku ruhande rwa Guinea, penaliti zahushijwe na Ibrahima Sory Sankhon na Youla bazihushije naho penaliti ya nyuma ari nayo yahesheje Guinea itike yatewe n’umuzamu Keita.

Guinea ibaye ikipe ya kane igeze muri ½ inyuma ya RDC, Côte d’Ivoire na Mali.

Agashya kagaragaye mu mikino ya ¼ ni uko amakipe yose yazamutse mu matsinda ari aya mbere nta n’imwe ibashije gukomeza muri 1/2, nyuma y’u Rwanda, Cameroun na Tunisia hari hatahiwe Zambia.

Umuzamu wa Guinea, Keita yagaragaje ubuhanga muri uwo mukino

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages