Urutonde rwakozwe na Forbes Magazine kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 3 Gicurasi, rugaragaza ko abakinnyi batatu ba mbere binjiza amafaranga menshi bakina umupira w’amaguru mu gihe LeBron James ukina Basketball, ari ku mwanya wa kane.
Cristiano Ronaldo uheruka gusinya amasezerano afite agaciro ka miliyoni 175£ ku mwaka muri Al-Nassr, muri Mutarama uyu mwaka, ni we uyoboye uru rutonde.
Uyu mukinnyi w’imyaka 38, yongeye kuza ku mwanya wa mbere bwa mbere kuva mu 2017, aho kuri ubu abarirwa kwinjiza miliyoni 109£, menshi mu mateka ku mukinnyi w’umupira w’amaguru.
Miliyoni 37£ yayinjije binyuze mu kibuga mu gihe andi ajya gukuba ayo kabiri, yayabonye binyuze mu kwamamaza n’ibindi bikorwa bidafite aho bihuriye n’ikibuga.
Mu mateka ya Forbes, abakinnyi batatu ni bo babashije kurenza miliyoni 72£ yinjije hanze y’ikibuga. Abo ni Roger Federer, Tiger Woods na Conor McGregor.
Inyuma ya Ronaldo hari umukeba we w’igihe kirekire, Lionel Messi, wasubiye inyuma umwanya umwe kuko ari we wari uyoboye urutonde mu mwaka ushize.
Uyu mukinnyi wa Paris Saint-Germain mu Bufaransa yinjije miliyoni 104£, amafaranga angana n’ayo yakoreye mu 2022.
Ku mwanya wa gatatu hari Kylian Mbappé ukinana na Messi muri PSG, we winjije miliyoni 96£ mu mezi 12 ashize, arimo miliyoni 80£ yabonye afite aho ahuriye n’ikibuga.
Mbappé, umukinnyi rukumbi uri kuri uru rutonde uri munsi y’imyaka 30, abona umushahara wa miliyoni 63£ ku mwaka.
Uyu mukinnyi w’imyaka 24 ni we ukina umupira w’amaguru wa nyuma uri mu 10 ba mbere kuko ku mwanya wa kane hari LeBron James ukina muri NBA na miliyoni 95£ na ho Canelo Alvarez ukina Iteramakofe akaba ku mwanya wa gatanu na miliyoni 88£.
Dustin Johnson ukina Golf ari ku mwanya wa gatandatu na miliyoni 86£ arimo miliyoni 80£ yakuye mu mirwano naho Phil Mickelson yinjije miliyoni 85£.
Undi mukinnyi wa Basketball uri kuri uru rutonde ni Stephen Curry wa Golden State Warriors winjije miliyoni 81£, akaba ari ku mwanya wa munani.
Roger Federer wasezeye gukina muri Nzeri, ni we mukinnyi wa Tennis uri ku rutonde. Yinjije ibihumbi 80£ mu kibuga muri miliyoni 76£ yabonye mu mezi 12 ashize. Andi mafaranga yabonetse binyuze mu kwamamaza n’ibindi bikorwa afite.
Umukinnyi wa 10 ku rutonde rw’aba binjije amafaranga menshi ni Kevin Durant ukinira Phoenix Suns muri NBA, aho yabonye miliyoni 72£.
Forbes Magazine yatangaje ko amafaranga abakinnyi binjije mu kibuga akubiyemo ibihembo byose bahawe, imishahara n’uduhimbazamusyi babonye hagati ya tariki ya 1 Gicurasi 2022 na tariki ya 1 Gicurasi 2023.
Amafaranga yo hanze y’ikibuga ni ayo mu masezerano yo kwamamaza aba bakinnyi bafite kugeza tariki ya 1 Gicurasi 2023, kongeraho ibindi bikorwa byabo hagendewe ku makuru yatanzwe n’abo bakorana.
Uko abakinnyi 10 ba mbere binjije amafaranga menshi bakurikirana:
- Cristiano Ronaldo - $136million (£109million)
- Lionel Messi - $130million (£104million)
- Kylian Mbappé - $120million (£96million)
- LeBron James - $119.5million (£95million)
- Canelo Alvarez - $110million (£88million)
- Dustin Johnson - $107million (£86million)
- Phil Mickelson - $106million (£85million)
- Stephen Curry - $100.4million (£81million)
- Roger Federer - $95.1million (£76million)
- Kevin Durant - $89.1million (£72million)



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!