00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Eagles na Gasabo zegukanye Igikombe cya Shampiyona ya Wheelchair Basketball (Amafoto)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 29 April 2024 saa 03:19
Yasuwe :

Ku Cyumweru, tariki ya 29 Mata 2024, i Masoro ku kibuga cya Stecol Corporation habereye imikino ya nyuma ya Basketball y’Abafite ubumuga ‘Wheelchair Basketball’ yasojwe Eagles yegukanye Igikombe cya Shampiyona mu Bagabo, Gasabo icyegukana mu Bagore.

Iyi Shampiyona ya Basketball ikinwa n’abafite ubumuga bicaye mu tugare, yasojwe hakinwa imikino ya nyuma mu bagabo n’abagore, ariko muri iki cyiciro cya mbere hakinirwa n’umwanya wa gatatu.

Mu cyiciro cy’abagore, Ikipe ya Gasabo yatsinze Kicukiro amanota 10-8, yongera kwisubiza igikombe.

Mu bagabo, igikombe cya Shampiyona y’uyu mwaka cyegukanywe na Eagles yatsinze Kicukiro amanota 28-21 ku mukino wa nyuma.

Muri iki cyiciro kandi, hakinwe umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu aho wegukanywe na Musanze yatsinze Indangamirwa amanota 30-26.

Mu mwaka w’imikino ushize, Ikipe ya Kicukiro yegukanye Igikombe cya Shampiyona mu Bagabo, Gasabo icyegukana mu Bagore.

Intwari za Gasabo zongeye kwegukana Shampiyona mu bagore
Wheelchair Basketball ikinwa n'abafite ubumuga bicaye mu magare
Eagles yagaragaje urwego ruri hejuru mu mukino yahuyemo na Kicukiro mu bagabo
Byari ibyishimo kuri Eagles nyuma yo kwegukana igikombe cya Shampiyona

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages