00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

FEASSSA2017 : Amakipe ane ahagarariye u Rwanda yageze ku mukino wa nyuma

Yanditswe na IGIHE
Kuya 26 August 2017 saa 07:50
Yasuwe :

Amakipe ane ahagarariye u Rwanda mu mikino ihuza amakipe y’abanyeshuri bo mu Karere ka Afurika y’Uburasirazuba, FEASSSA (Federation of East Africa Secondary Schools Sports Associations), iri kubera mu Mujyi wa Gulu muri Uganda, ni yo yageze ku mukino wa nyuma uri bube kuri uyu wa Gatandatu.

Iyi mikino yatangiye ku ya 19 Kanama 2017, mu ntangiriro amakipe y’u Rwanda akaba yaratakaje imikino myinshi.

Muri Basketball y’abahungu, APE Rugunga irakina n’ikipe ya Budoo (Uganda) nyuma yo gutsinda Kibuli ku manota 73-59. Iyi kipe ya Budoo yari mu itsinda rimwe na APE Rugunga, maze iyitsinda iyirusha amanota atanu.

Muri Volleyball y’abakobwa, ikipe ya Ste Aloys Rwamagana, nyuma yo gutsinda G.S. Indangaburezi amaseti 3-0 mu mikino ya ½, irakina n’ikipe yo muri Kenya ya Kwanthanze. Iyi ni imwe mu ma kipe akomeye kubera ko ikunze kugarukira buri gihe mu mukino wa nyuma.

Muri Volleyball y’abahungu, ikipe ya Rusumo High School yatsinze ikipe ikomeye yo muri Sudani y’Epfo yitwa Malakal maseti 3-0 ; ikipe igizwe n’abagabo bakuze barimo n’abashatse ariko basobanura ko bakiri abanyeshuri kubera ibibazo by’intambara byabaye mu gihugu cyabo, irahura n’ikipe ya Luyanzi yo muri Uganda.

Muri Handball y’abahungu, ikipe ya Kigoma ESEKI izakina umukino wa nyuma na Kibuli yo muri Uganda nyuma yo gutsinda indi kipe yo mu Rwanda ya ADEGI 36-23.

Umukino wo koga (swimming) warangiye, wakozwe mu gihe cy’umunsi umwe gusa, muri rusange u Rwanda rubonye imidari 12 muri rusange : ibiri ya zahabu, umunani y’umwakaka (bronze) n’ibiri y’umuringa (argent). Imidari myinshi yabonetse muri uyu mukino yihariwe n’igihugu cya Kenya.

Mu mukino ngororangingo u Rwanda rwegukanye indi midali ibiri y’umuringa kuri uyu wa Gatanu.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages