00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyo gukina Rally, gufashwa na Hamilton no gutegura amasiganwa: Queen Kalimpinya twaganiriye (Video)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 12 July 2025 saa 02:19
Yasuwe :

Queen Kalimpinya ni umukobwa wahinyuje benshi. Mu myaka 25 ishize, ni we mugore rukumbi wabashije kuyobora Shampiyona y’Igihugu yo gusiganwa mu Modoka, nubwo yari ahanganye na bamwe mu bakinnyi bafite uburambe muri uyu mukino kumurusha.

Umukino akina ntabwo umenyerewe cyane mu Rwanda. Hanze aha, abawukina bafatwa nk’abafite umutima ukomeye kandi ni mu gihe.

Rally ni umukino ukinirwa mu mihanda y’ibitaka, birumvikana hari ibice bishobora kuba ari bibi, birimo ibinogo, amakorosi agoye, umuhanda unyerera cyangwa se ari muto, n’ibindi bitandukanye.

Kuko ari isiganwa, ubuhanga bw’umukinnyi bugaragarira mu kugendera muri iyo mihanda mibi kandi ukarusha abandi umuvuduko. Mu bice bimwe na bimwe, hari aho imodoka zikunda kugenda ku bilometero birenga 100 ku isaha no hejuru yaho.

Ibi bituma abapiloti bapfa mu mukino wa Rally ari benshi ugereranyije n’abapfa mu mukino wo gusiganwa ku modoka ariko ukinirwa kuri kaburimbo. Ubushakashatsi bugaragaza ko muri Rally, hapfa abapiloti 5,7 ku 1.000 mu gihe mu gusiganwa kuri kaburimbo hapfa abapiloti 0,4 ku 1.000.

Muri make uyu si umukino w’abanyabwoba, si umukino w’abanyantege nke cyangwa se bamwe bakishakisha mu by’ubukungu, cyane ko imodoka ziwukina zihenze, washyiraho ibyo kuzitaho n’indi myiteguro bijyanye ubwo igiciro kigatumbagira kurushaho, ukagisanga iyo mu bisenge.

Aha ni ho Queen Kalimpinya abera ’akaga’, umugani w’ab’ubu. Uyu mukobwa ni umwe muri bake cyane bakina uyu mukino wo gusiganwa mu modoka muri Afurika nzima, ibituma bamwe bibaza aho yakuye ubwo butwari bwatumye awutinyuka nyamara benshi batinya no kuwureba, ureke ibyo kuwukina.

Uyu mukobwa yamenyekanye ubwo yitabiraga Miss Rwanda mu 2017 ndetse icyo gihe arahatana bikomeye, aba Igisonga cya Gatatu.

Muri iyi myaka ya vuba, ni we Munyarwandakazi utwara imodoka zisiganwa, akaba urugero rwiza rwakurikizwa n’abandi bana b’abakobwa bashaka kwiteza imbere bagatangira kare nk’uko nawe yatangiye.

Mu kiganiro na IGIHE, Kalimpinya yavuze ko yakuze ari umwana ugaragaza ko azashobora imikino isa n’iyagenewe abahungu nko gutwara imodoka n’ibindi binyabiziga.

Ati “Nakuze ndi umwana ukunda gukina imikino yo gutwara cyane cyane igare. Nari umwana ukubagana ariko bya gihungu. Aho mariye gukura naguze moto akaba ari yo ngendaho mu buzima busanzwe. Aho ni ho abo mu mukino w’imodoka bamenyeye.”

“Nagiye ngiye kugerageza kuko ntabwo narinzi ibintu bya Rally, nakoze imyitozo bambaza niba nta bwoba ngize. Ndavuga nti ‘Oya’. Uko ugenda ubikora ni ko ugenda ubikunda, ntangira nungiriza nyuma nza kuba umupilote.”

Nyuma yo kungiriza mu gihe cy’imyaka ibiri, Kalimpinya yafashe icyemezo cyo gutangira kuba umupilote. Aha avuga ko kugira ishyaka ari imwe mu ntwaro ikomeye akoresha mu buzima bwe bwa buri munsi.

IGIHE yasuye Kalimpinya, ireba uburyo yitegura mbere y’isiganwa, uko ategura imodoka ye ndetse tuganira ku hazaza he muri uyu mukino.

Kalimpinya Queen yakuze akunda imikino ikinwa n'abahungu

Imyitozo ngororamubiri ni ingenzi ku mukinnyi wa Rally

Kalimpinya avuga ko iyo amaze gukina isiganwa rimwe, ahita atangira gutegura irikurikiraho, kandi akabikora mu buryo butandukanye butanangiza akandi kazi akora ka buri munsi.

Ati “Ubundi iyo maze gukina isiganwa rimwe mpita ntangira gutegura irindi rikurikiraho. Akenshi biba ari hagati y’ukwezi kumwe n’amezi atatu. Icyo gihe utegura imodoka nawe ubwawe kandi bitangije akandi kazi kawe.”

“Umukinnyi wa Rally ni nk’umukinnyi w’andi marushanwa yose kuko aba agomba guhora afite ubuzima bugenewe umu-sportifs. Umukino wacu usaba kuba utuje, kumara ibilometero 30 wiruka bisaba ko uba umeze neza.”

Umutoza w’imyitozo ngororamubiri, Liberté, utoza Kalimpinya, yavuze ko ari umukinnyi wita ku myitozo inanura ingingo, ariko inatuma umukinnyi atuza mu mutwe.

Ati “Umukinnyi usiganwa hari imyitozo atagomba kubura cyane cyane ituma yinjiza umwuka mwinshi. Aho harimo kwiruka hanze bisanzwe cyangwa akifashisha imashini zifasha umuntu kwiruka, akoresheje umwuka mwinshi.”

“Icyo gihe akoresha ibihaha n’umutima. Muri make siporo zo mu bwoko bwa ‘Cardiovascular’ ni zo aba akeneye cyane. Amaboko, umugongo, amaguru n’inda bigomba kuba bikomeye.”

Umutoza yongeraho ko agomba kuba yaruhutse amasaha ari hagati y’arindwi kugera ku icyenda, kugira ngo imisemburo ye yose ibe iri ku murongo, kandi akaba agomba kunywa amazi menshi cyane.

Kalimpinya Queen asabwa gukora imyitozo ngororamubiri kugira ngo akine umubiri we umeze neza

Kalimpinya aracyafite imbogamizi zo kubona imodoka yifuza

Muri Werurwe 2023, Kalimpinya yakoze amateka yo kuba mugore wa mbere uyoboye Shampiyona y’Igihugu yo gusiganwa mu modoka kuva bikozwe n’Umubiligikazi Nathalie Cox mu 2000.

Mu myaka irenga itanu mu mukino wo gusiganwa mu modoka, avuga ko ari umukino wo kwishimira ariko usaba ubushobozi bwinshi.

Ati “Uyu ni umukino mwiza ukwigisha imodoka, ariko usaba ubushobozi kuko ugomba kuba ufite abaterankunga n’abafatanyabikorwa bagufasha. Wenda mu myaka iri imbere bizakunda. Dukeneye ubushobozi ngo tubashe kwitoza ngo tujye ku rwego rwo hejuru.”

“Iyo nitoza ni njye ubyiyigisha ndebeye no kuri video abadutanzemo bakora. Duhawe imbaraga tukaba abanyamwuga cyangwa ababigize umwuga bakaza kudutoza, twahangana na bo. Imodoka dutwara njye na Ngabo iraturuta, tubonye inshya byakoroshya akazi kuko ukurusha imodoka akurusha amanota.”

Kalimpinya avuga ku iterambere ry’umukino wo gusiganwa mu modoka ufite ejo hazaza heza

Umunsi Lewis Hamilton acyeza Queen Kalimpinya

Umwongereza Lewis Hamilton ari mu bakinnyi babiri gusa begukanye irushanwa rya Formula 1 inshuro nyinshi aho yaritwaye inshuro zirindwi anganya na Michael Schumacher.

Mu 2023, uyu Mwongereza yasangije abamukurikira ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, ifoto y’Umunyarwandakazi Kalimpinya Queen ari gukina amasiganwa y’imodoka.

Muri iki kiganiro na IGIHE, Kalimpinya yavuze ko byari ibintu bidasanzwe kuri we, dore ko yari no mu bihe byo kureka umukino.

Ati “Yanshyize ku mbuga ze hashize iminsi mike hari isiganwa turangije. Cyari igihe kitoroshye kuri njye kuko wari umunsi nari mbimazemo igihe gito, mbona bigoye. Icyo gihe gufatanya umukino n’indi mirimo byari bingoye. Cyari igihe ndi mu bibazo, ndi hasi cyane nacitse intege kuko icyo gihe natekerezaga kubireka.”

“Hari igihe ugera ukareba ibintu uri gukora, imbaraga uri kubishyiramo, wareba umusaruro ukabona ntibihura, wareba ejo hazaza ukabona ntuzagerayo. Yanshyizeho ndi kuvuga ngo ‘ubundi ibi ndimo ni ibiki?’”

“Yari amasaha y’ijoro ntarasinzira kubera ibitekerezo no kureba inzira byanyuramo ngo mbireke. Nkimara kubona ibyo akoze byabaye nk’ikimenyetso kinyereka ko nubwo bikomeye ariko birashoboka.”

Lewis Hamilton yashyize Kalimpinya ku mbuga nkoranyambaga ze ari hafi kuva mu mukino

Queen Kalimpinya mu mboni za Ngabo Olivier bakinana

Ngabo Olivier ni we mukinnyi ufatanya na Queen Kalimpinya mu modoka [co-pilote], akaba amugaragaza nk’umukinnyi ufata vuba kandi byoroshye gukorana na we.

Ati “Ukurikije uko twatangiye kugeza uyu munsi ubona ko afata vuba. Mbere ntabwo amakosa yaburaga ariko yinjiye mu mukino vuba, aba umukinnyi ukomeye cyane. Aba atwaye nkamwunganira.”

“Navuga ko ari we ufite akazi kadasanzwe kuko aba afite ubuzima bwanjye mu biganza bye. Ubundi njye mba ndi umuntu wibutsa utwaye imihanda no kwandika ibihe twakoresheje. We aba agomba kunyumva akubahiriza ibyo ndi kumusaba.”

Ngabo Olivier avuga ko Queen Kalimpinya ari umukinnyi wumva amabwiriza amuha kandi vuba

Ibihe Kalimpinya atazibagirwa mu mukino wo gusiganwa mu modoka

Queen Kalimpinya avuga ko mu rugendo rwo gutangira gukina umukino w’imodoka atarahura n’impanuka ikomeye cyane, ariko hari ibihe atazibagirwa byamubayeho Imana igakinga ukuboko ntagire ikibazo.

Ati “Nkitangira nashakaga kwiga gukata ikorosi ntaritinzemo, umunsi umwe nshaka gukata imodoka ihita yinjira mu bihuru mbura icyerekezo. Icyo gihe byari biteye ubwoba kuko nisanze ahantu ntabona imbere n’inyuma. Indi nshuro nagonze igiti kingwaho, ni ibintu biba biteye ubwoba.”

“Ikindi gihe nari ngiye kugonga imbwa i Huye, nibaza niba nyigonga nkasanga birambabaza, guhagarara na bwo twari kugwa njye na mugenzi wanjye. Umwungiriza wanjye [Ngabo Olivier] yansabaga kuyigonga ariko tugira inama iriruka iragenda.”

Queen Kalimpinya afatanyije na Garage ATECAR, batangiye umushinga wo gushaka abana bato bifuza kwiga gukina umukino wo gusiganwa mu modoka, bagatangira ari bato bagakurana ubumenyi ku mukino.

Yagize ati "Turi gukina ariko tunibaza abo tuzasigira umukino. Hari gahunda twatangije ya Team Queen Academy, aho tuzajya twigisha abana b’ejo hazaza bazakina gusiganwa."

"Tuzatangirana n’abafite imyaka 16 na 18, aho bazajya bahera mu masomo y’ubukanishi kugeza bagize uburenganzira bwo gutwara, bakigishwa umukino."

Mu isiganwa riheruka rya Rwanda Mountain Gorilla Rally, Queen Kalimpinya yasoreje ku mwanya wa gatanu.

Andi mafoto: https://www.flickr.com/photos/igihepictures/albums/72177720327516838/with/54650463017

Amafoto: Kwizera Remy Moses

Video: Ephesian IV


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages