00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ikipe ya Kenya yakoze urugendo rw’amasaha 24 mu modoka itegerejwe mu Rwanda

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 25 August 2022 saa 02:25
Yasuwe :

Kenya Police FC yatangiye urugendo rw’amasaha 24 n’imodoka. Yahagurutse i Nairobi saa kumi tariki 24 Kanama, bikaba biteganyijwe ko igomba kugera i Kigali izindi saa kumi tariki 25 Kanama, mu ruzinduko rw’ibyumweru bibiri yitegurira shampiyona mu Rwanda.

Iyi kipe yashyize imbaraga nyinshi mu gutegura shampiyona y’umwaka utaha muri Kenya. Yaguze abakinnyi bashya kandi bakomeye igaragaza ko ishaka guhindura ibintu muri uwo mwaka w’imikino.

Ikoresheje inzira y’ubutaka mu gihe muri Gashyantare 2022 yasinye amasezerano n’ikigo cy’ingendo zo mu kirere cya Fly 748. Mu masezerano ya miliyoni esheshatu z’amashiringi, iki kigo cyasinyanye n’ikipe ko kizajya kiyigurira amatike mu gihe igize urugendo runaka.

Nubwo abakinnyi banyuze iy’ubutaka, abayobozi b’ikipe biteganyijwe ko bo banyura inzira yo mu kirere, bakagerera i Kigali rimwe bakitegura umukino wa mbere bazahuramo na Rayon Sports.

Kenya Police FC izakina n’andi makipe yo mu Rwanda arimo AS Kigali na Police FC mu mikino ya gicuti iteganyijwe guhera ku wa Gatandatu tariki 27 Kanama 2022 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.

Imodoka Kenya Police FC yahagurutse na yo yerekeza i Kigali
Ikipe ya Kenya Football Club yanyuze iy'ubuaka ifitanye amasezerano na sosiyete y'indege
Abakinnyi ba Kenya Police FC bategerejwe i Kigali

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages