00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ndoli Jean Claude yatandukanye na Gorilla FC, abisikana na Higiro Thomas

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 14 June 2024 saa 02:20
Yasuwe :

Ndoli Jean Claude wari umutoza w’abanyezamu ba Gorilla FC yamaze gutandukana nayo ndetse ihita itangaza ko mu mwaka utaha akazi kazakorwa na Higiro Thomas.

Gorilla FC ni imwe mu makipe yagaragaje ko agomba gukora impinduka zikomeye cyane mu mwaka utaha w’imikino, kuko uheruka warangiye igahita isezerera abarenga 10 bayikiniraga.

Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 14 Kamena 2024, yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga zayo itangaza ko yatandukanye na Ndoli Jean Claude wari umutoza w’abanyezamu.

Ni inshingano yahise asimburwaho na Higiro Thomas wari usanzwe ari umutoza w’abanyezamu muri Police FC.

Higiro kandi yatangarijwe rimwe na Nduwimana Franck wakiniraga Musongati, wahawe amasezerano y’imyaka ibiri agomba kumara muri iyi kipe iyoborwa na Mudaheranwa Yussuf.

Aba bose kandi basanze Gorilla FC yaramaze guha akazi umutoza Kirasa Alain wari uwa Gasogi United mu mwaka ushize w’imikino.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages