00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ni ipfunwe ku mu-sportif wifatanyije n’umugambi mubisha wa Jenoside yakorewe Abatutsi- Sam Karenzi

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 9 April 2023 saa 06:56
Yasuwe :

Umunyamakuru w’imikino akaba n’Umuyobozi wa Radio Fine FM, Sam Karenzi, yagaragaje uburyo biteye agahinda n’ipfunwe kuba hari abakunzi ba siporo n’abayikoraga bijanditse mu mugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Guhera tariki 7 Mata kugeza ku wa 4 Nyakanga, u Rwanda rwifatanya n’Isi yose mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yahitanye ubuzima bw’inzirakarengane zisaga miliyoni mu minsi 100.

Mu bagize uruhare n’abahitanywe na Jenoside harimo abanyamakuru b’imikino, abakinnyi, abatoza, abari abayobozi b’ingaga z’imikino zitandukanye ndetse n’abakunzi bayo.

Aganira na IGIHE, Sam Karenzi, yavuze ko ubusanzwe siporo ibereyeho guhuza abantu, muri icyo gihe yabaye umuyoboro w’amacakubiri watumye aba-sportifs biroha mu mugambi mubisha wo gutsemba ababashimishaga.

Yagize ati "Siporo ubusanzwe ihuza abantu kandi ikabashimisha, ni ipfunwe ku mu-sportif wagize uruhare mu mugambi mubisha wa Jenoside yakorewe Abatutsi.’’

Yavuze ko mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi, abari mu Isi ya siporo bakwiye kugira uruhare n’umusanzu wabo mu kurwanya icyatuma yongera kuba ukundi.

Yakomeje ati "Umuryango mugari w’Abanyarwanda n’aba-sportifs muri rusange dukwiye kurwanya byimazeyo Jenoside n’ingengabitekerezo yayo. Twibuke twiyubaka. ’’

Sam Karenzi yamenyekanye cyane ari kuri Radio Salus yakozeho mu gihe cy’imyaka umunani nyuma yo kuva kuri RC Huye atatinzeho ubwo yatangiraga Umwuga w’Itangazamakuru.

Kuva muri Kamena 2020, Karenzi yatangiye gukora kuri Radio10 aho yahuriye n’abarimo Kazungu Claver na Kalisa Bruno Taifa, bari kumwe na Horaho Axel bakajya bakorana mu kiganiro cyiswe “Urukiko”. Iki kiganiro cyamamaye mu gihe gito ndetse kigakundwa n’abatari bake, cyashyizweho iherezo guhera tariki ya 1 Nyakanga 2021 ubwo cyakorwagamo impinduka.

Kuri ubu, Karenzi ni Umuyobozi akaba n’Umunyamakuru w’Imikino wa Radio Fine FM, aho akora mu Kiganiro "Urukiko rw’Ubujurire".

Sam Karenzi yavuze ko ari ipfunwe ku mu-sportif wifatanyije n'umugambi mubisha wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Sam Karenzi yasabye Abanyarwanda n’aba-sportifs by’umwihariko kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside byimazeyo kugira ngo itazasubira ukundi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages