00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yitabiriye imikino ya PFL Africa

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 18 October 2025 saa 11:07
Yasuwe :

Perezida Paul Kagame ari kumwe n’umunyabigwi Francis Ngannou, na Mauricio Sulaimán uhagarariye Ihuriro ry’Imikino y’Iteramakofe ku Isi (WBC), bifatanyije n’Abanyarwanda mu mikino y’irushanwa rya PFL Africa yabereye muri BK Arena.

Ku nshuro ya mbere mu Rwanda ndetse no muri Afurika y’Iburasirazuba habereye irushanwa rikomeye mu mikino ya MMA (Mixed Martial Arts), yahurije hamwe abakinnyi bakomeye muri Afurika.

Ni imikino ya ½ yakiniwe muri BK Arena kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 18 Ukwakira 2025, yitabirwa n’Abanyarwanda batandukanye.

Mu bakurikiye imirwano 11 yahabereye harimo na Perezida Kagame wageranye muri BK Arena n’umunyabigwi muri uyu mukino, Francis Ngannou na Mauricio Sulaimán uhagarariye WBC.

U Rwanda rwari ruhagarariwe na James Bizimungu Opio wakinnye na Isaac Omeda wo muri Uganda bombi bakanganya amanota 28.

Perezida Kagame ari mu bitabiriye imikino ya 1/2 cya PFL Africa
Perezida Kagame, Mauricio Sulaimán na Francis Ngannou bakurikiye imikino ya PFL Africa
U Rwanda rumaze gutera imbere mu kwakira imikino ikomeye
Abafana bari benshi muri BK Arena bari gukurikira imikino ya PFL
Bwa mbere mu Rwanda habereye imikino ya MMA
Emilios Dassi yatsinzwe na Yabna N'tchala
Emilios Dassi ari guhangana na Yabna wo muri Guinee-Bissau
Indwanyi z’akataraboneka zakuye itike y’imikino ya nyuma muri PFL i Kigali
Umunya-Algeria Karim Henniene yakubise Abraham Bably
Perezida Kagame ari mu bitabiriye imikino ya PFL Africa
James Opio yserutse mu mwambaro w'intore

Amafoto: Umwari Sandrine


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages