00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Macron yakoranye imyitozo na Eliud Kipchoge ufite amateka mu gusiganwa ku maguru

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 11 May 2026 saa 12:16
Yasuwe :

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yakoranye imyitozo yo kwiruka ku maguru n’Umunya-Kenya, Eliud Kipchoge, uri mu banyabigwi bakomeye ku Isi muri uyu mukino.

Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 11 na 12 Gicurasi 2026, ni bwo muri Kenya hateganyijwe inama ya ‘Africa Forward Summit’, yitabirwa n’abakuru b’ibihugu bitandukanye ku Isi.

Mbere y’uko iyi nama itangira, mu masaha ya mu gitondo Perezida Macron yabanje gukorera imyitozo ngororamubiri mu mihanda ya Kenya, ari kumwe n’abandi bantu bake bamufashije.

Muri abo harimo na Eliud Kipchoge, umugabo udasanzwe mu mateka yo gusiganwa ku maguru, dore ko ari umwe mu babashije kwiruka marathon y’ibilometero 42,2 akoresheje isaha imwe, iminota 59 n’amasegonda 40.

Ibi ariko yabikoze mu isiganwa ritari mu akomeye ku Isi rya Ineos Challenge ryabereye i Vienne muri Autriche mu 2019.

Ibihe yakoresheje kugeza ubu ni amasaha abiri, umunota umwe n’amasegonda icyenda. Yegukanye Umudali wa Zahabu mu mikino Olempike ya 2016 na 2020, anegukana andi marushanwa agera kuri 11 akomeye ku Isi yo gusiganwa ku maguru.

Agahigo ko gusiganwa marathon mu gihe gito gafitwe na Sabastian Sawe, na we ukomoka muri Kenya wakoresheje isaha imwe, iminota 59 n’amasegonda 30.

Muri iyi minsi, muri buri gihugu Perezida Macron agiriramo uruzinduko, mbere yo gutangira akazi ka buri munsi abanza gukora siporo yo kwiruka.

Perezida Macron na Eliud Kipchoge bakoranye siporo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages