00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sitting Volleyball: U Rwanda rwatangiye nabi Shampiyona y’Isi

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 10 July 2026 saa 01:06
Yasuwe :

Amakipe ahagarariye u Rwanda muri Shampiyona y’Isi ya Sitting Volleyball yatangiye nabi irushanwa. Ni nyuma y’uko Ikipe y’u Rwanda y’Abagabo itsinzwe na Misiri amaseti 3-0, hanyuma iy’Abagore na yo igatsindwa na Iran amaseti 3-0.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 10 Nyakanga 2026, ni bwo imikino yombi yakinwe, hanatangizwa irushanwa rya Shampiyona y’Isi muri Volleyball y’Abafite Ubumuga iri kubera Hangzhou mu Bushinwa.

Ikipe y’Abagabo ni yo yabanje gukina, ndetse itangira neza umukino igerageza kwegerana na Misiri, ariko ku bw’amahirwe make itsindwa amanota 25-20. Ibi byayiciye intege itsindwa manota 25-15 mu iseti ya kabiri, mu ya gatatu ho itsindwa itagejeje amanota 15, kuko yarangiye ari 25-14.

Iyi kipe iri mu Itsinda B izasubira mu kibuga ku wa Gatandatu, tariki ya 11 Nyakanga, ihure na Ukraine, mbere yo guhura na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku Cyumweru, tariki ya 12 Nyakanga 2026.

Indi kipe yakinnye kuri uyu munsi ni iy’Abagore, aho u Rwanda rwatsinzwe rurushwa cyane na Iran. Amaseti yose uko ari atatu u Rwanda rwayatsinzwe ku manota 25-11.

U Rwanda ruri mu Itsinda A muri iki cyiciro, ruzasubira mu kibuga ku wa Gatandatu, rukina n’u Bushinwa, mbere yo guhura na Kenya mu mukino wa nyuma mu itsinda.

Iri rushanwa ryitabiriwe n’ibihugu 16 mu bagore ndetse n’ibindi 16 mu bagabo.

Abakinnyi bifashishijwe ku mukino wa mbere Ikipe y'u Rwanda y'Abagabo yakinnye muri Shampiyona y'Isi
Abakinnyi b'Ikipe y'Igihugu y'Abagore bari kuririmba indirimbo y'u Rwanda yubahiriza igihugu
Abakinnyi u Rwanda rwitwajwe mu bagore muri Shampiyona y'Isi ya Sitting Volleyball
Nyiraneza Solange ukinira u Rwanda ari gutangiza umupira
Amakipe y'u Rwanda arashyigikirana muri iri rushanwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages