00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tennis: Novak Djokovic ntakiri mu bakinnyi 10 beza ku Isi

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 31 August 2026 saa 11:30
Yasuwe :

Umukinnyi wa Tennis uri mu bakomeye ku Isi, Novak Djokovic, yasezerewe muri US Open 2026 rugikubita, atsinzwe n’Umunya-Argentine, Mariano Navone, ahita anatakaza imyanya itandatu ku rutonde rw’abayoboye abandi ku Isi, yisanga ku mwanya wa 11 ari na bwo bwa mbere bimubayeho mu myaka umunani ishize.

Uyu mukino wamaze amasaha ane n’iminota 36, wabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 31 Kanama 2026, ariko Djokovic w’imyaka 39 akaba yawutangiye ubuzima bwe butameze neza.

Muri uyu mukino yatsinzwemo amaseti atanu (7-6 (5), 5-7, 4-6, 6-2, 6-1), yarutse inshuro eshatu mu mukino, bigaragaza ko yari afite uburwayi butuma adakoresha imbaraga nyinshi nk’uko bisanzwe.

Mu myaka 20 ishize akina muri US Open, ni bwo bwa mbere Djokovic yasezerewe hakiri kare, mu ijonjora rya mbere.

Umusaruro mubi muri uyu mukino watumye atakaza amanota 790, amanuka imyanya itandatu ku rutonde rw’abakinnyi beza ku Isi muri Tennis, yisanga ku mwanya wa 11, ari na bwo bwa mbere bimubayeho kuva mu 2018.

Djokovic yegukanye amarushanwa ya Grand Slam inshuro 24, ashyiraho agahigo ko kumara ibyumweru 428 ari we nimero ya mbere ku Isi.

Kuva mu 2003, ni bwo bwa mbere US Open igiye gukinwa hatarimo umwe mu banyabigwi muri uyu mukino, barimo Novak Djokovic, Roger Federer cyangwa Rafael Nadal.

Mariano Navone yatsinze Novak Djokovic mu ijonjora rya mbere rya US Open
Novak Djokovic yakinnye iri rushanwa afite uburwayi bwo mu nda
Novak Djokovic yavuye mu bakinnyi 10 beza ku Isi muri Tennis

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages