00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uko bamwe mu bakinnyi bakomeye bizihije Noheli n’imiryango yabo (Amafoto)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 25 December 2025 saa 05:53
Yasuwe :

Benshi mu bafite amazina akomeye mu siporo ku Isi barimo abakinnyi n’abatoza bifatanyije n’abandi kwizihiza umunsi mukuru wa Noheli kuri uyu wa Kane, tariki ya 25 Ukuboza 2025.

Kuri uyu munsi, abakirisitu bizihiza ivuka rya Yezu Krisitu, bamwe mu bakinnyi n’abakunzi babo bifashishije imbuga nkoranyambaga zitandukanye bifuriza ababakurikira Noheli Nziza.

Bamwe muri bo ntibategereje ko Noheli igera kugira ngo bifotozanye n’imiryango yabo nk’uko bagiye babigaragaza ku mbuga zirimo Instagram.

Noheli yasanze shampiyona zikomeye i Burayi ziri mu karuhuko k’iminsi mikuru ariko si ko bimeze mu Bwongereza kuko kuri "Boxing Day", umunsi ukurira Noheli, hazakomeza Premier League ndetse hateganyijwe umukino uzahuza Manchester United na Newcastle United.

Si aho gusa kandi kuko hari n’izindi shampiyona zizakomeza zirimo Rwanda Premier League, mu gihe Abanyafurika benshi bahanze amaso CAN 2025 iri kubera muri Maroc kuva tariki ya 21 Ukuboza kugeza ku ya 18 Mutarama 2026.

Amafoto ya bamwe mu bakinnyi bizihije Noheli ya 2025:

Umunyezamu wa Schalke 04, Loris Karius n'umugore we Giulia Diletta Leotta ukorera DAZN nk’umunyamakuru, ni uku binjiye muri Noheli
Karius na Diletta basohokanye n'abandi bo mu muryango wabo
Rutahizamu wa Real Madrid, Rodrygo yizirije noheli mu rugo
Rodrygo ari kumwe n'umuryango we
Rutahizamu wa FC Barcelone, Robert Lewandowski, ni umwe mu bakinnyi baha agaciro umunsi wa Noheli, aho aba ari kumwe n'umuryango we
Umunyezamu wa Aston Villa, Emiliano Martínez, ari kumwe n'umuryango we mu myambaro iri mu mabara ajyanye na Noheli
Noheli yasanze rutahizamu wa Manchester City, Erling Haaland, iwabo muri Norvège
Angel Di Maria ukinira Rosario Central, yizihije uyu munsi mukuru ari kumwe n'umuryango we
Byari ibirori mu rugo rwa Di Maria usigaye ukina iwabo
Rutahizamu wa Tottenham, Richarlison, ari kumwe n'umwana we
Richarlison ari kumwe n'umukunzi we n'umwana wabo
Neymar apfutse ku ivi ry'ibumoso nyuma yo kubagwa kubera imvune yari amaranye igihe
Neymar ukinira Santos, yizihije Noheli ari kumwe n'umuryango we
Jude Bellingham na murumuna we Jobe Bellingham, bari mu karuhuko i Dubai
Jude na Jobe bakina Table Tennis i Dubai
Wayne Rooney n'umuryango we bifotozoreza imbere y'igiti cya noheli
Marcus Rashford ukinira FC Barcelone, yifotoje ari gutaka igiti cya Noheli
Mbere yo gukina na Crystal Palace ku wa Kabiri, Bukayo Saka ukinira Arsenal yashyize iyi foto ku mbuga nkoranyambaga ze
Umukinnyi wa Manchester United, Casemiro n'umugore we Anna Mariana bifotoje bari kumwe n'abana babo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages