Mohamed Elneny ni Umunya-Misiri w’imyaka 23, yatangiriye gukina mu ikipe ya Al Ahly mu Misiri mu 1997 afite imyaka itanu gusa.
Mu mwaka wa 2008 yayivuyemo yerekeza mu ikipe ya El Mokawloon azamurwa mu ikipe ya mbere mu 2010 ayivamo mu 2013 amaze kuyikinira imikino 35 yerekeza muri FC Basle yo mu Busuwisi akaba amaze kuyikinira imikino 91 afite ibitego bitanu.
Imvune z’abakinnyi bo hagati mu kibuga nka Santi Cazorla, Francis Coquelin na Jack Wilshere zigiye gutuma Wenger wari waravuze ko nta mukinnyi mushya azongera mu ikipe afite atanga miliyoni 7,4 z’ama pound kuri uyu mukinnyi kugira ngo azibe icyuho cy’abo bakinnyi ndetse yongere imbaraga zamufasha gukomeza guhanganira igikombe cya shampiyona.
Kuri uyu wa Kabiri ni bwo uyu mukinnyi yakoze ikizami cy’ubuzima ndetse ubu akaba ari i Londres mu Bwongereza mu rwego rwo kumvikana ku masezerano n’iyi kipe.
Uyu yakinanye na Mohamed Salah mu ikipe ya Basle no mu ikipe y’igihugu ndetse bivugwa ko n’ubuhanga yenda kubunganya n’uyu wahoze akinira Chelsea mbere yo kujya mu Butaliyani.
Yigaragaje cyane mu myaka ibiri ishize afasha Basle kwegukana ibikombe bitatu bya shampiyona bikurikirana ndetse no mu mikino yo ku mugabane w’u Burayi yafashije ikipe ye gutsinda Chelsea, Liverpool na Tottenham mu bihe bitandukanye.



















TANGA IGITEKEREZO