00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umurenge Kagame Cup: Amakipe yo mu Burasirazuba yitwaye neza mu mikino ya ½

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 5 May 2024 saa 07:51
Yasuwe :

Amakipe yo mu Karere ka Ngoma mu ntara y’Iburasirazuba yihariye imikino ya ½ mu Irushanwa Umurenge Kagame Cup riri gusorezwa i Rubavu hagati ya tariki 4-5 Gicurasi 2024.

Amarushanwa “Umurenge Kagame Cup” agamije kwimakaza imiyoborere myiza, akinwa guhera ku rwego rw’umurenge mu mikino irimo Umupira w’Amaguru, Basketball, Volleyball, Amagare, Kubuguza (Igisoro), Gusiganwa ku maguru, Gusimbuka Urukiramende ndetse na Sitball.

Imikino ya ½ yakinwe ku wa Gatandatu, by’umwihariko Volleyball yarimo ihangana rikomeye aho mu bagabo, Ngoma yatsinze bigoranye cyane Nyanza amaseti 3-2, mu gihe Kicukiro yatsinze Nyarugenge amaseti 3-1.

Umukino wa nyuma uzahuza Ngoma na Kicukiro, mu gihe Nyanza na Nyarugenge zizahatanira umwanya wa gatatu. Mu bagore naho Ngoma yakomeje kwigaragaza itsinda Ruhango amaseti 3-0, mu gihe Gicumbi nayo yabigenje uko imbere ya Musanze.

Umukino wa nyuma uzahuza Ngoma na Gicumbi, mu gihe Ruhango na Musanze zizahatanira umwanya wa gatatu. Muri Basketball, Akarere ka Kamonyi kihariye umunsi cyane mu bagabo katsinze Kicukiro amanota 71 kuri 45, bigoranye Musanze itsinda Rutsiro amanota 47 kuri 37.

Umukino wa nyuma uzahuza Kamonyi na Musanze, mu gihe Rutsiro na Kicukiro zizahatanira umwanya wa gatatu.

Mu bagore, aka karere ko mu ntara y’amajyepfo katsinze Rutsiro amanota 63-27, undi mukino Musanze yatsinze Rulindo amanota 57-18.

Muri Sitball mu bagore, Akarere ka Ngoma katsinze Bugesera amanota 26-21, Rulindo itsinda Nyamasheke. Mu bagabo, Kirehe yatsinze Karongi amanota 28-18, Rubavu itsinda Gicumbi amanota 28 kuri 25.

Mu mupira w’amaguru, Nyarugenge yegukanye umwanya wa gatatu nyuma yo gutsinda Jabana igitego 1-0. Indi mikino ya nyuma iteganyijwe ku Cyumweru izakinwamo Amagare, Kubuguza (Igisoro) no Gusimbuka Urukiramende.

Umurenge Kagame Cup y’uyu mwaka ifite insanganyamatsiko igira iti “Imyaka 30 y’imiyoborere ishyira umuturage ku isonga”. Iyi nsanganyamatsiko yatoranyijwe mu rwego rwo kugaragaza uruhare imiyoborere myiza igira mu iterambere ry’ u Rwanda, no gutanga ubutumwa ku baturage ko bakwiye gukomeza kugira uruhare mu gusigasira ibyo igihugu cyagezeho mu nzego zose kibikesha imiyoborere myiza.

Umutoza wa APR WBBC, Deo ni umwe mu bagize ikipe ya Kamonyi
Ngandu Bienvenu uri mu batoza bungirije ba REG BBC ari mu bafishije Kamonyi kwitwara neza
Abakinnyi ba Nyarugenge bishimira umwanya wa gatatu mu mupira w'amaguru
Umukino wa Kamonyi na Kicukiro wari ishiraniro
Umuyobozi Mukuru w’urwego rw’igihugu rushinzwe imiyoborere, Dr Usta Kaitesi na Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Dushimimana Lambert bashyikiriza imidali Nyarugenge yegukanye umwanya wa gatatu muri ruhago
Abakinnyi ba Rubavu bishimira kugera ku mukino wa nyuma muri Sitball
Umukino wa Kamonyi na Rutsiro wari uryoheye ijisho
Mukamutana Rosetta w'imyaka 67 yatunguranye ubwo yakinaga mu Ikipe ya Rulindo muri Basketball
Dusabimana Vincent wamamaye nka Gasongo yari umwe mu bagize ikipe ya Ngoma

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages