00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urushyi muri APR FC, Mucoma w’amarozi, amateka muri CAF…Amafoto 50 yaranze imikino mu Rwanda mu 2018

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 31 December 2018 saa 04:58
Yasuwe :

Umwaka wa 2018 wasize urwibutso rw’amateka ku bakunzi ba siporo zitandukanye. Wahanguye ingoma ya Nzamwita Vincent De Gaulle wari umaze imyaka ine ku ntebe y’ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (Ferwafa), hima Rtd Brig Gen Sekamana Jean Damascène.

Abihebeye siporo bafite byinshi bazibukira ku mwaka wa 2018. Abakunzi ba ruhago bazirikana cyane amateka mashya yanditswe na Rayon Sports igakandagiza ikirenge mu mikino ya ¼ ya CAF Confederation Cup, aho yasezerewe na Enyimba FC yo muri Nigeria.

Mukeba wayo APR FC yo yaviriyemo mu ijonjora rya kabiri ikuwemo na AC Djoliba yo muri Mali kuri Stade Amahoro.

Indi kipe izibukwa mu 2018 ni Mukura VS y’i Huye iri ku muryango w’imikino y’amatsinda ya Caf Confederation Cup. Yitabiriye iyi mikino nyuma y’imyaka 26 yari imaze idatarabuka ngo ijye hanze y’u Rwanda muri rutemikirere.

Muri APR FC kandi umukinnyi wo hagati wa APR FC, Itangishaka Blaise, yakubiswe urushyi n’uwahoze ari umutoza we, Umunya-Serbia, Ljubomir Petrović. Yamushinje kudakurikiza inama ze mu kibuga mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro wabereye kuri Stade ya Huye ku wa 3 Kanama 2018.

Isi ya ruhago idatana n’amarozi ntiyatanze agahenge! Umukinnyi wa AS Muhanga witwa Yves yumvanye imitsi na Niyitegeka Emmanuel ’Mucoma’ ukina mu bwugarizi bwa Sorwathé barwanira ibyiswe amarozi yari agiye gusuka mu izamu rya AS Muhanga ngo bifashe ikipe ye kubona intsinzi.

Iyi nkuru yasakaye ku wa 9 Kamena 2018, mu mukino ubanza wa 1/2 wahuje aya makipe yombi ahatanira itike yo kuzamuka mu Cyiciro cya Mbere wakiniwe kuri Stade ya Muhanga.

Amarozi yanavuzwe ku mukino wa Shampiyona wahuje APR FC na Rayon Sports ku wa 15 Kamena 2018. Mbere yo gutangira abakinnyi na bamwe mu batoza ba Rayon Sports bagerageje guca ku muryango w’urwambariro rwa APR FC maze bakumirwa n’abari bashinzwe kururinda. Impande zombi zakozanyijeho.

Ibyishimo byatashye mu rw’Imisozi 1000 kandi mu mukino wo kunyonga igare aho Areruya Joseph ukinira Delko-Marseille-Provence KTM yo mu Bufaransa yegukanye irushanwa rikomeye muri Afurika rya La Tropicale Amissa Bongo. Mu ijoro ryo ku wa 23 Mutarama 2018, Areruya na bagenzi basesekaye i Kigali bakirwa nk’abami.

Umunyarwanda Mugisha Samuel ukinira Ikipe ya Dimension Data for Qhubeka na we yegukanye Tour du Rwanda 2018 ku wa 12 Kanama 2018. Yabaye iya gatanu isigaye mu Rwanda kuva iri siganwa ryaba mpuzamahanga mu 2009.

IGIHE yakusanyije amafoto 50 mu mboni z’umufotozi wayo agaragaza ibihe bidasanzwe byaranze 2018 mu mikino itandukanye.

Ku itariki ya 5 Nyakanga 2018 nibwo Intare FC yatwaye Igikombe cy'Icyiciro cya Kabiri itsinze AS Muhanga 2-0 mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro
Abafana biganjemo aba Rayon Sports bashimira abakinnyi ba AC Djoliba yo muri Mali ko isezereye mukeba wabo w'ibihe byose APR FC mu ijonjora rya kabiri rya Caf Champions League kuri Stade Amahoro tariki ya 17 Werurwe 2018
Abakinnyi ba Rayon Sports bateruye umutoza wabo Robertinho nyuma yo gutsinda Young Africans yo muri Tanzania kuri Stade ya Kigali ku wa 29 Kanama 2018. Ni intsinzi yashyize iyi kipe ku mwanya wa kabiri mu itsinda, ibona itike yo gukina imikino ya 1/4 mu irushanwa rya Caf Confederation Cup
Abakinnyi bakinira amashuri yo muri Uganda ni bo biganje mu batwaye imidali myinshi mu mikino ya FEASSA 2018 yabereye mu Mujyi wa Musanze yasojwe tariki ya 19 Kanama 2018
Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ya Handball, Alex mu kirere atera umupira mu izamu rya Madagascar mu irushanwa rya Nyafurika rya Handball ryabereye i Kigali riza gusozwa ku wa 11 Kanama 2018
Banditse amateka ahambaye bakinira APR FC! Jimmy Mulisa (wambaye ishati y'umweru) utoza APR FC na Karekezi Olivier watozaga Rayon Sports ubwo bahoberanaga bwa nyuma ku wa 25 Gashyantare 2018 nyuma y'umukino wa Shampiyona warangiye APR FC itsinze Rayon Sports 1-0. Ni wo wa nyuma Karekezi yatoje mbere yo gusubira muri Suède
Ndayishimiye Christopher wa Mukura Victory Sports yishimira penaliti ya nyuma yatsinze Al Hilal SC Al Obayed yanahise isezerera iyi kipe mu marushanwa ya Caf Confederation Cup ku wa 22 Ugushyingo 2018
Ljubomir "Ljupko" Petrović watozaga APR FC ateruwe mu kirere n'abakinnyi be nyuma yo kwegukana Igikombe cya Shampiyona ya 2017-18 ku wa 27 Kamena 2018
Mukura Victory Sports yishimira intsinzi nyuma yo gusezerera APR FC muri 1/2 cy'Igikombe cy'Amahoro kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa 8 Kanama 2018
Ku itariki ya 16 Nyakanga 2018, AS Muhanga yazamutse mu cyiciro cya mbere itsinze Sorwathé 3-0. Umutoza Mbarushimana Abdou yazamuwe mu kirere n'abafana n'abakinnyi b'iyi kipe
Ikipe ya REG BBC yegukanye Igikombe cy'Intwari ku wa 5 Gashyantare 2018
Iranzi Jean Claude (hagati) wari ukubutse mu Ikipe ya Zesco United yo muri Zambia ku wa 10 Mutarama 2018 nibwo yatangiye imyitozo ya mbere muri APR F C nk'umukinnyi wayo
Ku itariki ya 11 Mutarama 2018, ku Kibuga cy'imyitozo cya Skol mu Nzove byari ibirori ubwo abafana bakiraga rutahizamu w'Umurundi Shaban Hussein Tchabalala wari umaze gusinyira Rayon Sports
APR FC yegukanye Igikombe cy'Amahoro itsinze Mukura Victory Sports 2-0 kuri Stade Umuganda ku wa 19 Ugushyingo 2018
Ku itariki ya 21 Mutarama 2018 nibwo habaye agashya ku Kibuga cya Bugesera ubwo iyi kipe yakiraga Unity FC y'i Gasogi maze Umuyobozi wa Tekiniki Rudasumbwa Eric akubita umukinnyi wa Unity Nkubana Marc. Uyu muyobozi yafotowe asesera mu ruzitiro rukikije stade maze acika abakinnyi ba Unity bashakaga kwihimura
Ku wa 29 Mata 2018, uwahoze ari Minisitiri wa Siporo n'Umuco, Uwacu Julienne yakiriye Laureano Bisan Etamé-Mayer wahoze akinira Arsenal wagiriye uruzinduko mu Rwanda muri gahunda yo guteza imbere umupira w'amaguru ijyanye n'amasezerano yo kwamamaza ubukerarugendo bw'u Rwanda izwi nka 'Visit Rwanda'
Mbere y'uko umukino wa Shampiyona wahuje APR FC na Rayon Sports ku wa 15 Kamena 2018, utangira abakinnyi na bamwe mu batoza ba Rayon Sports bifuje guca ku muryango w'urwambariro rwa APR FC maze bakumirwa n'abari bashinzwe kururinda bakozanyaho ku gipfunsi
Umubiligi Ivan Jacky Minnaert utarishimiwe n'abafana ba Rayon Sports kuva kuri Sitade Amahoro yabifashijwemo na Polisi nyuma yo gutsindwa n'Amagaju ibitego 2-0 ku wa 6 Kamena 2018. Abafana bamuherekeje mu ndirimbo z'uko batamukeneye, banamutera amacupa, vuvuzela n'amabuye
Nyuma yo kwegukana irushanwa rya La Tropicale Amissa Bongo, Areruya Joseph na bagenzi be ku wa 23 Mutarama 2018, basesekaye i Kigali bakirwa nk'abami
Mu guhatanira itike yo kujya mu Gikombe cya Afurika cya 2019 wahuje Ikipe y'Igihugu ya Côte d’Ivoire n'Amavubi, umunyezamu Kwizera Olivier yakoze ikosa ku munota wa 45 w'umukino ryahise riha intsinzi iyi kipe. Ni igitego yatsinzwe nyuma yo kugerageza gucenga rutahizamu wa Aston Villa, Jonathan Adjo Kodjia, ku wa 9 Kanama 2018 kuri Stade ya Kigali
Rutahizamu wa Free State Stars yo muri Afurika y'Epfo, Bhengu Linda, yafatanyije n'abakinnyi ba Mukura Victory Sports kwishimira intsinzi nyuma yo gusezerera ikipe ye mu ijonjora rya mbere rya Caf Confederation Cup ku wa 5 Ukuboza 2018 kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye
Rutahizamu w'Ikipe y'Igihugu cya Tanzania y'abagore, Fatuma Mustapha Swalehe, yishimira igitego cya kane yari atsinze Ethiopia cyahise kinabahesha Igikombe cya Cecafa y'ibihugu mu bagore. Umukino wabereye kuri Stade ya Kigali ku wa 27 Nyakanga 2018
Rutahizamu Francisco Mwepu ukomoka muri Zambia ukinira Red Bull Salzburg yo muri Autriche yishimira igitego cye cya kabiri yatsinze Amavubi y'abari munsi y'imyaka 20 cyahise kinayisezerera mu marushanwa yo gushaka itike yo gukina Igikombe cya Afurika. Hari ku itariki ya 12 Gicurasi 2018 kuri Stade ya Kigali
Tariki 13 Kanama 2018 nibwo Mukura Victory Sports yegukanye Igikombe cy'Amahoro itsinze Rayon Sports penaliti 3-1
Tariki 25 Gicurasi 2018 kuri Stade Ubworoherane y'i Musanze uwahoze ari Umutoza wa APR FC, Dr Petrovic yinjiye mu kibuga abaza umusifuzi impamvu atarangiza umukino kandi iminota y'inyongera yarenze. Warangiye ikipe ye itsinze Musanze FC ibitego 2-1
Rutahizamu w'Umurundi Bimenyimana Bonfils Caleb yababajwe no guhusha igitego mu mukino ikipe ya Rayon Sports yanganyijemo na Enyimba 0-0 ku wa 19 Kanama 2018 kuri Stade ya Kigali
U Rwanda rwakiriye imikino Nyafurika ya Karate yabereye muri Intare Conference Arena i Rusororo yasojwe ku wa 31 Kanama 2018. Hagaragaye imiguruko idasanzwe!
Madamu Jeanette Kagame yitabiriye Car Free Day ku wa 15 Nyakanga 2018 maze acishamo akinana umupira n'abitabiriye siporo rusange ihuza abanyamujyi barimo n'uwahoze ari Minisitiri wa Siporo n'Umuco, Uwacu Julienne
Ku wa 20 Gicurasi 2018, umukinnyi usiganwa ku maguru nk'uwabigize umwuga, Nyirarukundo Salome yegukanye Kigali Peace Marathon mu basiganwa igice cya Marathon ariko ayisoza mu marira. Ni nyuma y'ibibazo yagiranye na bamwe mu bayobozi b'Ishyirahamwe ry'uyu mukino mu Rwanda ndetse ngo byanamubereye inzitizi kuba yakwiyandikisha ku rutonde rw'abazayitabira
Umukinnyi wo hagati ufasha abasatira izamu Nshuti Dominique Savio yasinyiye APR FC mu ntangiriro z'umwaka aguzwe muri AS Kigali. Ku wa 28 Mutarama mu myitozo ye ya mbere kuri Stade ya Kicukiro yakiriwe n'ibihumbi by'abafana, banamuterera ku bitugu
Umukinnyi wo hagati wa APR FC, Itangishaka Blaise ahunga urushyi yari atewe n'uwahoze ari umutoza we, Umunya-Serbia, Ljubomir Petrović amushinja kudakurikiza inama ze mu kibuga mu mukino wa 1/2 cy'Igikombe cy'Amahoro wabereye kuri Stade ya Huye ku wa 3 Kanama 2018
Umukinnyi wo hagati wa Rayon Sports, Yannick Mukunzi, yasoje umukino wa nyuma w'Igikombe cy'Amahoro mu marira nyuma yo gutsindwa na Mukura vIctory Sports kuri penaliti 3-1 ku wa 13 Kanama 2018
Umunyezamu wa Costa Do Sol, José Ventura Guirrugo apfukamye hasi n'agahinda kenshi nyuma y'igitego yari amaze gutsindwa na rutahizamu wa Rayon Sports, Shabban Hussein ''Tchabalala'' mu mukino warangiye iyi kipe yambara ubururu n'umweru itsinze Costa Do Sol ibitego 3-0 ku wa 6 Mata 2018
Umunyezamu wa Gor Mahia, Boniface Oluoch yitegereza umupira wari utewe na Rutanga Eric kuri coup franc winjira mu rushundura. Iki cyari igitego cyishyuraga icyo Kagere Meddie yari atsinze Rayon Sports. Wari umukino wo mu matsinda ya Caf Confederation Cup wakinwe ku wa 3 Werurwe 2018
Umunyezamu wa Rayon Sports, Bashunga Abouba asuka amarira nyuma yo gutsindwa igitego cya kabiri na rutahizamu w'Ikipe ya USM Alger, Abdelraouf Benguit ku munota wa kabiri w'inyongera mu mukino w'amatsinda ya Caf Champions League wabereye kuri Stade ya Kigali ku wa 18 Nyakanga 2018
Umutoza w'Ikipe ya Mamelodi Sundowns, Pitso Mosimane ahanze amaso itara rya Stade Amahoro ategereje ko ryakongera kwaka nyuma y'uko umuriro uburiye kuri iyi kipe ubwo yakoraga imyitozo ya nyuma yitegura gucakirana na Rayon Sports mu irushanwa rya Caf Champions League. Ifoto yafashwe mu ijoro ryo ku wa 6 Werurwe 2018
Umutoza w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, Mashami Vincent, yarakebutse yitegereza ushinzwe kuvanga imiziki kuri Stade ya Kigali ategereje ko akina indirimbo zubahiriza ibihugu by'u Rwanda na Guinea mbere y'umukino wo guhatanira itike yo gukina iy'Igikombe cya Afurika cya 2019 wahuje ibihugu byombi ku wa 16 Ukwakira 2018. Byarangiye indirimbo zibuze, umukino ukinwa zidacuranzwe
Umuyobozi w'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (Ferwafa), (Rtd) Brig Gen Sekamana Jean Damascène, akurikiranye umukino wa nyuma wa Shampiyona wahuje Musanze FC yari yakiriye AS Kigali kuri Stade Ubworoherane ku wa 27 Kamena 2018. Warangiye amakipe yombi anganyije 1-1
Ku mugoroba wo ku wa 27 Gicurasi 2018, Umubiligi wahoze atoza Rayon Sports Ivan Minnaert yatemberaga mu kibuga kuri Stade ya Kigali ategereje ko ikipe ya Miroplast ihasesekara ngo bakine umukino wa Shampiyona, byarangiye iyi kipe itahabonetse maze iterwa mpaga
Yves (wambaye isengeri y'umuhondo) ukinira AS Muhanga ahanganye na Niyitegeka Emmanuel ’Mucoma’ ukina mu bwugarizi bwa Sorwathé barwanira ibyiswe amarozi yari agiye gusuka mu izamu rya AS Muhanga ngo bifashe ikipe ye kubona intsinzi. Byabaye ku wa 9 Kamena 2018 kuri Stade ya Muhanga mu mukino ubanza wa 1/2 cyo guhatanira itike yo kuzamuka mu Cyiciro cya Mbere
Nyuma y'uko Ivan Minnaert akuye Jeannot Witakenge mu batoza bagomba kumwungiriza ku wa 29 Mata 2018 ni bwo uyu mugabo yatangiye inshingano nshya zo kuneka amakipe yabaga agiye guhura na Rayon Sports
Abakinnyi ba Rayon Sports muri costumes bifotoreje kuri Stade Amahoro i Remera bitegura kwerekeza mu Tanzania gukina umukino w'amatsinda ya Caf Confederation Cup na Young Africans ku ya 15 Gicurasi
Ku wa 23 Werurwe 2018, (Rtd) Brig Gen Sekamana Jean Damascène yatanze kandidature yo kwiyamamariza kuyobora Ferwafa
Umunyezamu wa Anse Réunion, Ricky Rose yitegereza Bizimana Djihad wari utoye umupira mu rushundura nyuma yo gutsinda igitego cya kane cyahise kinasezerera iyi kipe yo muri Seychelles mu irushanwa rya Caf Champions League ku itariki ya 11 Werurwe
Robertinho atoza umukino we wa mbere kuri Stade ya Rubavu aho yanganyirije na Marines 1-1 ku wa 21 Kamena 2018
Mugisha Samuel ukinira Ikipe ya Dimension Data for Qhubeka yegukanye Tour du Rwanda 2018. Icyumweru cyo ku wa 12 Kanama cyaririmbweho Rwanda Nziza
Ndayisenga Ernest yegukanye miliyoni 10 Frw muri Rwanda Open yasojwe tariki ya 25 Ugushyingo 2018
Ni ubwa mbere mu mateka ya ruhago Nyarwanda umukino wa Police FC na AS Kigali wari wujuje Stade Amahoro hakinwaga irushanwa ry'Igikombe cy'Intwari mbere y'umukino wa APR FC na Rayon Sports. Umubare munini w'abafana bari buzuye stade bari baje gushyigikira ibi bihangange bikunzwe kurusha ibindi mu Rwanda. Hari ku munsi w'Intwari tariki ya 2 Gashyantare
Nyuma yo kugaruka mu ikipe ya Rayon Sports akubutse muri Darling Club Motima Pembe rutahizamu Ismaïla Diarra yamaze igihe adakina kubera ikibazo cy'ibyangombwa, Ku itariki ya 2 Gashyantare yaje guhabwa umwanya n'uwahoze ari umutoza we Karekezi Olivier ku mukino wa nyuma w'amarushanwa y'Igikombe cy'Intwari. Kubera umubyibuho imyenda y'ikipe ntiyamukwiraga

Amafoto: Ntare Julius


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages