Abihebeye siporo bafite byinshi bazibukira ku mwaka wa 2018. Abakunzi ba ruhago bazirikana cyane amateka mashya yanditswe na Rayon Sports igakandagiza ikirenge mu mikino ya ¼ ya CAF Confederation Cup, aho yasezerewe na Enyimba FC yo muri Nigeria.
Mukeba wayo APR FC yo yaviriyemo mu ijonjora rya kabiri ikuwemo na AC Djoliba yo muri Mali kuri Stade Amahoro.
Indi kipe izibukwa mu 2018 ni Mukura VS y’i Huye iri ku muryango w’imikino y’amatsinda ya Caf Confederation Cup. Yitabiriye iyi mikino nyuma y’imyaka 26 yari imaze idatarabuka ngo ijye hanze y’u Rwanda muri rutemikirere.
Muri APR FC kandi umukinnyi wo hagati wa APR FC, Itangishaka Blaise, yakubiswe urushyi n’uwahoze ari umutoza we, Umunya-Serbia, Ljubomir Petrović. Yamushinje kudakurikiza inama ze mu kibuga mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro wabereye kuri Stade ya Huye ku wa 3 Kanama 2018.
Isi ya ruhago idatana n’amarozi ntiyatanze agahenge! Umukinnyi wa AS Muhanga witwa Yves yumvanye imitsi na Niyitegeka Emmanuel ’Mucoma’ ukina mu bwugarizi bwa Sorwathé barwanira ibyiswe amarozi yari agiye gusuka mu izamu rya AS Muhanga ngo bifashe ikipe ye kubona intsinzi.
Iyi nkuru yasakaye ku wa 9 Kamena 2018, mu mukino ubanza wa 1/2 wahuje aya makipe yombi ahatanira itike yo kuzamuka mu Cyiciro cya Mbere wakiniwe kuri Stade ya Muhanga.
Amarozi yanavuzwe ku mukino wa Shampiyona wahuje APR FC na Rayon Sports ku wa 15 Kamena 2018. Mbere yo gutangira abakinnyi na bamwe mu batoza ba Rayon Sports bagerageje guca ku muryango w’urwambariro rwa APR FC maze bakumirwa n’abari bashinzwe kururinda. Impande zombi zakozanyijeho.
Ibyishimo byatashye mu rw’Imisozi 1000 kandi mu mukino wo kunyonga igare aho Areruya Joseph ukinira Delko-Marseille-Provence KTM yo mu Bufaransa yegukanye irushanwa rikomeye muri Afurika rya La Tropicale Amissa Bongo. Mu ijoro ryo ku wa 23 Mutarama 2018, Areruya na bagenzi basesekaye i Kigali bakirwa nk’abami.
Umunyarwanda Mugisha Samuel ukinira Ikipe ya Dimension Data for Qhubeka na we yegukanye Tour du Rwanda 2018 ku wa 12 Kanama 2018. Yabaye iya gatanu isigaye mu Rwanda kuva iri siganwa ryaba mpuzamahanga mu 2009.
IGIHE yakusanyije amafoto 50 mu mboni z’umufotozi wayo agaragaza ibihe bidasanzwe byaranze 2018 mu mikino itandukanye.
Amafoto: Ntare Julius



















TANGA IGITEKEREZO