Amakipe umunani ni yo agiye gukina imikino ya nyuma y’iri rushanwa. Ayo makipe ni RSSB Tigers yo mu Rwanda, Dar City yo muri Tanzania, Club Africain yo muri Tunisia, ASC Ville de Dakar yo muri Sénégal, Al Ahly yo mu Misiri, Al Ahly Ly yo muri Libya, FUS Rabat yo muri Maroc na Petro de Luanda yo muri Angola
Aya makipe yose azakinira muri BK Arena, azaba agizwe n’abakinnyi 96. Tugiye kurebera hamwe bamwe muri bo bitezweho gufasha amakipe yabo kuzitwara neza.
Craig Randall
Umunyamerika Craig Randall wa RSSB Tigers, ni umwe mu bahanzwe amaso na benshi.
Uyu mukinnyi w’imyaka 30 aheruka kwigaragaza cyane mu mikino ya Kalahari Conference, aho yanditse amateka yo kuba uwatsinze amanota menshi mu mukino umwe wa BAL.
Randall uzwiho gutsinda amanota atatu menshi, no kwihutisha umukino. Yitezweho gufasha Tigers kuba ikipe ya mbere yo mu Rwanda izagera ku mukino wa nyuma wa BAL.
Nuni Omot
Umunyamerika ukomoka muri Sudani y’Epfo, Nuni Omot, ni undi mukinnyi utegerejwe cyane muri iyi mikino.
Uyu ari mu bakinnyi bahenze ku mugabane wa Afurika, dore ko yanahawe igihembo cy’Umukinnyi Mwiz (MVP) wa BAL mu 2023. Icyo gihe yakiniraga Al Ahly yo mu Misiri, anayihesha igikombe muri uwo mwaka.
Iyi kipe ni yo yongeye gukinira, akaba yitezweho kuyifasha kwisubiza iri rushanwa.
Omot uri mu bakinnyi bihuta cyane, yakinnye ku rwego rwo hejuru muri Basketball, kuko yakinnye Imikino ya Olempike, Igikombe cy’Isi, AfroBasket na shampiyona zitandukanye z’i Burayi no muri Aziya.
Joseph Lual-Acuil Jr.
Umunya-Australia ukomoka muri Sudani y’Epfo, Joseph Lual-Acuil Jr. ukinira Al Ahly Ly yo muri Libya, ni undi mukinnyi wo guhanga amaso muri iyi mikino.
Uyu mugabo w’igihagararo wabaye MVP wa BAL mu 2024, azwiho gusatira no kugarira cyane, ndetse akaba umuhanga mu gutsinda imipira ya kabiri, ibizwi nka ‘rebound’.
Childe Dundao
Umunya-Angola, Childe Dundao ukinira Atlético Petróleos de Luanda ni we mukinnyi wisangije agahigo ko kuba atarasiba irushanwa rya BAL kuva ryatangira gukinwa mu 2021, cyane ko ikipe ye ihora ibona itike yo kurikina.
Dundao wakinnye imikino 44 ya BAL, afite impuzandengo y’iminota 23,9 byibuze agaragara mu kibuga. Amaze no kujya mu ikipe nziza y’irushanwa inshuro enye (2022, 2023, 2024 na 2025).
Uyu yabaye umukinnyi mwiza muri Afurika, cyane ko ari we wabaye MVP wa AfroBasket iheruka ya 2025.
Omar Abada
Umunya Tunisia, Omar Abada, yitezwe na benshi muri iyi mikino ya nyuma, aho ari umwe mu bafashije Club Africain mu mikino y’amajonjora ya Sahara Conference.
Si aba gusa kuko hari n’abandi bakinnyi bo kwitega. Aba barimo Mangok Mathiang wa RSSB Tigers, Donovan Williams wa Al Ahly Ly na Uchenna Iroegbu wa FUS Rabat.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!