00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amakipe ya APR yihariye Irushanwa ryo Kwibuka muri Basketball (Amafoto & Video)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 21 April 2024 saa 09:12
Yasuwe :

APR BBC yatsinze Patriots amanota 86- 63, iy’abagore nayo itsinda REG WBBC amanota 86-81 zegukana Irushanwa ryo Kwibuka abahoze ari abakinnyi n’abakunzi ba Basketball bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iri rushanwa ry’iminsi ibiri ryasojwe mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, tariki 20 Mata 2024 muri BK Arena.

Umukino wa nyuma mu bagabo watangiye Patriots BBC itsinda amanota ariko ntibyarambye kuko APR yahise itangira gutsinda amanota menshi ibifashijwemo na Ntore Habimana na William Robeyns.

Agace ka Mbere karangiye Ikipe y’Ingabo iyoboye umukino n’amanota 25 kuri 17 ya Patriots BBC.

APR BBC yakomeje gukina neza mu gace ka kabiri, aho William na Dario Hunt batsindaga amanota menshi. Iyi kipe yari yahinduye abakinnyi ariko ikomeza kuyobora umukino.

Ku rundi ruhande, Ndizeye Dieudonné na Hagumintwari Steven gutsinda ntibyabakundiraga byatumaga amanota ya Patriots aba make.

Igice cya Mbere cyarangiye APR BBC yatsinze Patriots BBC ikinyuranyo cy’amanota 15 (44-29).

Patriots yasubiranye imbaraga mu gace ka gatatu, Turatsinze Olivier na Frank Kamdoh bagabanya ikinyuranyo kigera mu manota 10 (34-44).

Umutoza wa APR, Mazen Trakh yahise asubiza mu kibuga Noel Obadiah, Ntore Habimana na William kugira ngo ikipe itabigaranzura.

Aba bakinnyi bahise bafashe iyi kipe kongera gukanguka, agace ka gatatu karangiye iyoboye umukino n’amanota 62-43.

Ikipe y’Ingabo yinjiye mu gace ka nyuma ishimangira intsinzi ari nako abatarabonye umwanya nka Chris Ruta na Dan Kimasa bagiye mu kibuga.

Umukino warangiye APR BBC yatsinze Patriots BBC amanota 80-63 yegukana Irushanwa ryo Kwibuka.

Mu bagore, iri rushanwa ryegukanywe na APR yatsinze REG WBBC amanota 86-81.

Aya makipe ya APR mu bagabo n’abagore yasimbuye REG BBCna IPRC mu bagore zegukanye irushanwa riheruka mu 2019.

Mbere y'umukino hafashwe umunota wo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi
Hagumintwari Steven agerageza gutsinda, abarimo Dan Kimasa na Dario Hunt bamuzibira
Manzi Dan Kimasa ahanganye na Frank Kamdoh
Turatsinze Olivier agerageza gutsinda amanota atatu
Frank Kamdoh agerageza kuzibira Ntore Habimana wagize umukino mwiza
Abakinnyi bashya, Noel Obadiah ahanganye na Nijimbere Guibert
Uyu mwana yafanaga APR bikomeye
Noel Obadiah ashaka inzira yatsindamo
Abafana bari benshi muri BK Arena
Rutagenngwa Nadine agerageza gutsinda
Umugwaneza Charlotte atanga umupira, ahanganye n'abakinnyi batatu ba REG
Kantore Sandra azamukana umupira
APR BBC yegukanye Irushanwa ryo Kwibuka itsinze Patriots
Mu bagore, APR yegukanye iri rushanwa itsinze REG

Amafoto: Habyarimana Raoul


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages