00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

APR BBC na REG BBC zirakomanga ku mukino wa nyuma wa kamarampaka

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 11 August 2026 saa 12:48
Yasuwe :

APR BBC yatsinze RSSB Tigers amanota 96-85, REG BBC itsinda Patriots amanota 67-65 bityo zisabwa intsinzi imwe zikagera ku mukino wa nyuma wa kamarampaka muri Shampiyona ya Basketball.

APR BBC yatsinze RSSB Tigers amanota 96-85, REG BBC itsinda Patriots amanota 67-65 bityo zisabwa intsinzi imwe izazigeza ku mukino wa nyuma wa kamarampaka muri Shampiyona ya Basketball.

Imikino ya gatatu ya ½ yakinwe mu ijoro ryo ku wa Mbere, tariki ya 10 Kanama 2026 muri Petit Stade i Remera.

Amakipe yose yagiye muri iyi mikino anganya intsinzi imwe kuri yindi, bityo itsinda igatera intambwe igana ku mukino wa nyuma.

APR BBC yatangiye umukino neza Teasfale Leonard Jr ayitsindira amanota menshi. Agace ka mbere karangiye iyoboye n’amanota 27-16.

Mu gace ka kabiri, Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yazamuye ikinyuranyo kigera mu manota 13 (41-28), ibifashijwemo na Axel Mpoyo na William Robynes.

RSSB Tigers yagerageje kugabanya ikinyuranyo ibifashijwemo na Tarik Bey ariko ntibyaramba.

Igice cya mbere cyarangiye APR BBC yatsinze RSSB Tigers amanota 46 kuri 39.

Agace ka gatatu katangiranye imbaraga zikomeye, Zouzoua Mimi atsindira RSSB Tigers itsinda amanota menshi ikinyuranyo gisigara ari inota (52-51).

Ntibyatinze kuko habura iminota ine ngo aka gace karangire, RSSB Tigers yayoboye umukino n’amanota 61-58.

Teafale yatsinze amanota atatu y’ingenzi ku munota wa nyuma, agace ka gatatu karangira APR BBC yongeye kuyobora umukino n’amanota 74 kuri 73 ya RSSB Tigers.

Mu gace ka nyuma, Ikipe y’Ingabo yagaragaje ak’inda ya bukuru Ntore Habimana na Mpoyo bongera ikinyuranyo kigera mu manota arindwi (90-83).

Ni mu gihe ku ruhande rwa RSSB Tigers, Zouzoua yari yujuje amakosa atanu ubona ko iyi kipe yamubuze cyane.

Umukino warangiye APR BBC yatsinze RSSB Tigers amanota 96-85 ibona intsinzi ya kabiri.

Mu mukino wabanjirije uyu, REG BBC yatsinze Patriots BBC amanota 67-65 na yo ibona intsinzi ya kabiri.

APR BBC na REG BBC zirasabwa gutsinda umukino utaha zikagera ku mukino wa nyuma. Iyi mikino iteganyijwe ku wa Gatatu, tariki ya 12 Kanama 2026 muri Petit Stade i Remera.

Tarik Bey ahanganye na Axel Mpoyo
Adonis Filer agerageza gutsinda
Zouzoua Nisre Mimi yujuje amakosa atanu kare bishyira Tigers mu kaga
Antino ahanganye na Ntore Habimana
Craig Randall azamukana umupira mu bakinnyi babiri ba Tigers
Stubbs Jeffery Tyrone yagerageje gusubiza Patriots mu mukino ariko biranga
REG BBC irasabwa intsinzi imwe ikagera ku mukino wa nyuma

Amafoto: FERWABA


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages