Amakipe ane ya mbere muri Sahara Conference yujuje umunani azakina imikino ya kamarampaka izabera i Kigali kuva tariki ya 22 kugeza ku ya 31 Gicurasi 2026.
Ayo makipe ni Petro de Luanda (Angola), Al Ahly (Misiri), RSSB Tigers (Rwanda), Club Africain (Tunisia), Al Ahly Ly (Libya), FUS Rabat (Maroc), Ville de Dakar (Senegal) na Dar City (Tanzania).
Mu buryo bwashyizweho kuri iyi nshuro, ni uko nta mikino yo gutondeka amakipe izabaho ahubwo iya mbere izakina n’iya munani, iya kabiri n’iya karindwi, iya gatatu n’iya gatandatu gutyo gutyo.
Muri ¼, Petro de Luanda izakina na Dar City, Al Ahly izakina na Ville de Dakar, RSSB Tigers izakina na FUS Rabat, mu gihe Club Africain izakina na Al Ahly Ly.
Aya makipe azakina imikino ibiri nyuma hazabarwe iyatsinze indi muri iyo mikino ubundi ikomeze muri ½.
Muri ½ kandi ikipe izava hagati ya Petro de Luanda na Dar City izakina n’izava hagati ya Club Africain na Al Ahly yo muri Libya.
Ni mu gihe izava hagati ya Al Ahly na Ville de Dakar, izahura n’izava hagati ya RSSB Tigers na FUS Rabat.
Mu mwaka ushize, iri rushanwa ryegukanwe na Al Ahly Tripoli yo muri Libya, mu gihe APR BBC yari ihagarariye u Rwanda yabaye iya gatatu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!