Ku itariki ya 21 Mata 2026, ni bwo abagize umuryango n’inshuti z’aba bombi batangaje ko baguye mu mpanuka y’imodoka mu Mujyi wa Texas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Mu rwego rwo kubibuka no gukomeza umuryango wabo ndetse n’abakunzi b’umukino wa Basketball mu Rwanda, hateguwe irushanwa binyuze mu muryango ‘Kenrik and Rosine Kabano Foundation’.
Ni irushanwa rizaba tariki ya 26 Kamena 2026, kuri Zaria Court, rikazitabirwa n’amakipe 10 y’abahungu batarengeje imyaka 18 bakina ari batatu (3x3), ndetse n’amakipe atandatu mu bakobwa.
Kenrik Kabano wavukiye muri Leta ya Ohio mu 2008, yakiniye Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abatarengeje imyaka 16 mu irushanwa rya ‘2023 FIBA Africa Under-16 Boys’ Championship’.
Rosine Kabano witabye Imana ari kumwe n’umuhungu we, ni we wamufashaga byose mu gukuza impano ye yo gukina Basketball, ari na we wamushyigikiye ku gukinira u Rwanda.
Mbere y’uko bitaba Imana, byari biteganyijwe ko Kenrik ari umwe mu bari kwitabazwa muri mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda izakina irushanwa ryo gushaka itike y’imikino ya Afrobasket.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!