Ntabwo haramenyekana aho iyi mikino ya gicuti izabera gusa iteganyijwe tariki ya 20, 21 na 23 Ugushyingo 2025.
Muri iri rushanwa, u Rwanda ruri mu itsinda rya gatatu hamwe na Nigeria, Tunisia na Guinea.
Umukino wa mbere u Rwanda ruzahura na Guinea tariki ya 27 Ugushyingo, nyuma y’iminsi ibiri rukine na Tunisia, mbere yo gusoza rukina na Nigeria ku ya 30 Ugushyingo 2025.
Muri iyi mikino hazakinwa amajonjora abiri, aho aya mbere azakinwa n’amakipe yose uko ari 16.
Muri buri tsinda hazazamuka amakipe atatu, yose abe 12 azahurire mu ijonjora rya kabiri, ariryo rizatanga atanu azahagararira Afurika mu Gikombe cy’Isi.
Igikombe cy’Isi cya 2027 kizabera muri Qatar hagati ya tariki 27 Kanama kugeza ku ya 12 Nzeri 2027. Irushanwa riheruka mu 2023, ryegukanywe n’u Budage bwatsinze Serbie ku mukino wa nyuma.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!