00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Basketball: U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’ijonjora ry’ibanze yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 24 April 2024 saa 04:00
Yasuwe :

U Rwanda na Mexique byahawe kwakira imikino y’ijonjora ry’ibanze yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi mu Bagore (FIBA Women’s Basketball World Cup 2026 Pre-Qualifying Tournaments) iteganyijwe tariki 19 kugeza 25 Kanama 2024.

Iyi mikino izitabirwa n’ibihugu 16 bigabanyije mu marushanwa abiri, agabanyijemo amakipe umunani aho rimwe rizabera i Kigali irindi muri Mexique.

Ibihugu bizitabira aya marushanwa ku Mugabane wa Afurika ni u Rwanda, Mali, Mozambique na Sénégal. Ibyo ku Mugabane wa Amerika ni Brésil, Mexique, Venezuela na Argentine.

Ni mu gihe ku Mugabane wa Aziya na Oceania ari Nouvelle-Zélande, Koreya, Philippines na Lebanon. I Burayi akaba ari Hongrie, Tchèque, Montenegro n’u Bwongereza.

Buri rushanwa (Kigali na Mexique) rizitabirwa n’amakipe umunani agabanyije mu matsinda abiri y’amakipe ane. Abiri ya mbere azakomeza muri ½ mu gihe azaryegukana azerekeza mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi iteganyijwe muri Werurwe 2026.

Iyi mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi (FIBA Women’s Basketball World Cup 2026 Qualifying Tournaments) izitabirwa n’amakipe 24 arimo abiri yavuye i Kigali na Mexique ndetse n’andi 22 azava muri FIBA Women’s Continental Cups izakinwa mu 2025.

Muri aya makipe, agera 16 niyo azitabira imikino y’Igikombe cy’Isi kizabera mu Bugade tariki 4-13 Nzeri 2026.

Igikombe cy’Isi giheruka mu 2022 cyabereye i Sydney muri Australia cyegukanywe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatsinze u Bushinwa ku mukino wa nyuma.

Nyuma yo kwakira Igikombe cya Afurika mu 2023, u Rwanda rwahawe kwakira imikino y'ijonjora ry'ibanze yo gushaka itike y'Igikombe cy'Isi
Leta Zunze Ubumwe za Amerika niyo ifite Igikombe cy'Isi giheruka mu 2022

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages