Aya masezerano yasinyiwe muri BK Arena ku wa Gatanu, tariki ya 6 Werurwe 2026.
Biteganyijwe ko azageza mu 2029, aho buri mwaka Bralirwa izajya iha FERWABA miliyoni 175 Frw.
Agaruka kuri iyi mikoranire, Umuyobozi Mukuru wa Bralirwa, Ethel Emma-Uche, yavuze ko yizeye ko izafasha Basketball gukomeza gutera imbere byagutse.
Ati “Twishimiye kongera amasezerano na FERWABA bigaragaza ubushatse bwo gukomeza guteza imbere Basketball. Twizeye ko iyi mikoranire izafasha Basketball gukomeza gutera imbere, cyane ko siporo ifite umumaro munini mu kunga no gufasha abaturage kwidagadura.”
Umuyobozi Nshingwabikorwa muri FERWABA, Gahuranyi François Régis, yagaragaje ko aya masezerano azagira uruhare runini mu guteza uyu mukino imbere.
Ati “Aya masezerano azafasha cyane Shampiyona zacu ndetse no gutegura amarushanwa atandukanye yo kuzamura impano z’abakiri bato. Twishimiye kongera amafaranga kuko uko ikipe yiteguraga mu 2022 bitandukanye cyane ni uko bimeze ubu.”
Amafaranga yatanzwe na Bralirwa azashyirwa mu iterambere rya Basketball muri rusange mu Cyiciro cya Mbere n’icya Kabiri.
Impande zombi zatangiye imikoranire mu 2022 ubwo zasinyaga amasezerano y’imyaka itatu yari afite agaciro ka miliyoni 240 Frw.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!